Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 3624 articles
Browse latest View live

URUBYIRUKO RUFITE INSHINGANO YO KURINDA IBYAGEZWEHO

$
0
0
Urubyiruko rwari mu nteko rusange Nyagatare.

Urubyiruko rwari mu nteko rusange Nyagatare.

Gufasha urubyiruko kwihangira imirimo hagamijwe ko rwiteza imbere niyo ntego akarere ka Nyagatare gafite. Gusa ariko narwo ngo rwiteguye gukomeza kubumbatira umutekano no gukomeza ubumwe hagamijwe kubaka igihugu kizira amacakubiri. Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wa 01 Nyakanga ubwo hasozwaga inteko rusange y’urubyiruko rw’akarere ka Nyagatare.

Iyi nteko rusange y’umunsi umwe yari ifite intego yo kurebera hamwe aho bageze besa imihigo bihaye. Nk’uko bisobanurwa na Musoni Alex umuyobozi w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Nyagatare imihigo bihaye yose yagezweho ijana ku ijana bityo bakaba biteguye kongera kwegukana umwanya wa mbere babonye umwaka w’imihigo ushize. Intumbero bafite nk’urubyiruko ngo ni ukubaka ubumwe no kubumbatira umutekano w’igihugu hagamijwe kugiteza imbere.

Musoni Alex uyobora urubyiruko mu karere ka Nyagatare.

Musoni Alex uyobora urubyiruko mu karere ka Nyagatare.

Ibi ariko ngo bikazagerwaho ahanini birinze ibiyobyabwenge kimwe n’indwara zitagira urukingo nka SIDA. Gusa urubyiruko rwinshi harimo n’ururangije za kaminuza n’amashuli makuru ngo nta kazi rufite kandi ngo urwinshi usanga rutegereje ko leta ariyo izakabaha. Atuhe Sabiti Fred umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko ubu hamaze gukorwa amafishi yagejejwe mu tugali azagaragaza ibyiciro by’urubyiruko. Aya makuru namara gukusanywa ngo urutaragize amahirwe kwiga ruzigishwa cyane imyuga rubumbirwe mu makoperative bityo rubashe kwihangira imirimo yaruteza imbere.

Lt Cornel Cyubahiro Mukasa uyobora ingabo Nyagatare.

Lt Cornel Cyubahiro Mukasa uyobora ingabo Nyagatare.

Muri iyi nteko rusange kandi uru rubyiruko rwahawe ibiganiro birimo Ndi umunyarwanda aho uru rubyiruko rwasabwe kwimakaza ubumwe rwirinda icyakongera kurusubiza mu kwirebera mu ndorerwamo z’amoko ahubwo rukareba icyabahuza. Ibi kandi byanagarutsweho mu kiganiro ku kwibohora cyatanzwe na LT Cornel Cyubairo Mukasa uyobora ingabo mu karere ka Nyagatare yasobanuriye uru rubyiruko ko kubohora igihugu byagoranye bityo rudakwiye gukinira kuri izo mbaraga zakoreshejwe ahubwo rukwiye kukirinda no ku gihesha usura nziza n’agaciro mu ruhando rw’amahanga kuko aribo bayobozi b’ejo hazaza.


Karongi : Urubyiruko rurasabwa kurangwa n’indangagaciro z’umuco Nyarwanda no kwiyubaha

$
0
0

m_Urubyiruko rurasabwa kurangwa n’indangagaciro z’umuco Nyarwanda no kwiyubaha

Muri iki gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi mukuru wo kwibohora usanzwe uba ku wa 4 Nyakanga, Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buributsa urubyiruko ko ntawakubaka igihugu adafite ubuzima bwiza bityo bukarusaba guharanira kubaho neza kandi rwiyubaha rukirinda ingeso izari zo zose zishobora gushyira ubuzima bwarwo mu kaga kuko ngo ari bwo buryo bwo kwihesha agaciro no gusigasira ibyo igihugu cyagezeho muri iyi myaka 20 ishize.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi Wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Mukabalisa Simbi Dative, asaba urubyiruko by’umwihariko kwirinda ubusambanyi no gukoresha ibiyobyabwnge kuko ngo byabasenyera ejo hazaza heza. Uyu Muyobozi w’Akarere Wungirije akabibutsa ko ibyiza bishimira igihugu kimaze kugeraho byagenzweho kubera imbaraga z’urundi rubyiruko rwigomwe rukagera n’aho rwemera guhara ubuzima kugira ngo rubohore igihugu. Ku bera izo mpamvu, abahanura, akagira ati “ Ntabwo mushobora gukorera igihugu mutari bazima. Igihugu kirabakeneye kugira ngo mugifashe.”

Akomeza abasaba kugira umurongo ngenderwaho w’imikorere kuko ngo ari byo bishobora kubahesha agaciro kandi abandi bakabibubahira bityo bigahesha igihugu ishema muri rusange. Agira ati “Ngagira ngo umuco wo kwiyubaha, umuco wo kwirinda ibiyobyabwenge nk’urubyiruko ndagira ngo ube umuco uturanga.”  Ababasaba guhorwa bazirikana ko ari imbaraga z’igihugu zubaka. Ati “Imbaraga zubaka ntizijya zisenya. Abashaka kubayobya baba bari mu gihugu, baba bari hanze y’igihugu, baba abakunzi b’igihugu baba abanzi b’igihugu nibabamenye gutyo ko muri imbaraga kandi zubaka. Bamenye yuko batagomba kubayoberaho bababwira amagambo abaganisha mu bikorwa bisenya igihugu.”

Bamwe mu rubyiruko rwa Karongi twaganiriye bo bakavuga ko badateze gutererana igihugu mu nzira kirimo y’iterambere n’umutekano. Nyabyenda Modeste, Perezida w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko mu Murenge wa Gashali, avuga urubyiruko rutakwihanganira ikintu icyo ari cyo cyose kibangamira intembwe igihugu kirimo gutera. Yagize ati “Nko mu rwego rwo kwirinda ibikorwa bibi bibangamira urubyiruko dukora inama nyinshi n’ibitaramo mu rwego rw’ubukangurambaga.” Akomeza avuga ko ibikorwa nk’ibi bijyana na gahunda y’ “ijisho ry’umuturanyi” kugira ngo hatagira agatotsi gaturuka ku ruhande kakabavangira.

Naho Umuhuzabikorwa w’Inama y’igihugu y’Urubyiruko ku rwego rw’Igihugu, Shyerezo Norbert, akaba avuga ko ibyo u Rwanda rumaze kugeza ku barutuye nyuma y’imyaka 20 rwibohoye byagombye kubera urubyiruko impamvu kumvira ubuyobozi n’umurongo mwiza igihugu kirimo. Avuga ku bantu igihugu kitaho kikaba ibyo bakenera ndetse kikanabageza ku buzima ariko bakifuza ibya Mirenge bakagihemukira yagize ati “ Hari igihe umuntu igihugu kimukunda kikamugeza ku buzima bwiza kubera ibyo akora ariko nymara we atagikunda kugera ubwo umubwira ngo nunkorera nzakugira perefe kandi utazi no kwambara inkweto, nunkorera uzaba minisitiri w’umuco, uzaba minisitiri w’umuco, ibyo byose ni ingero zitandukanye zigaragazautitaye ku buzima, ubumenyi cyangwa se ubwenge afite ntacyo byaba bimaze kugumana na we utabanje kumuhindura.”

Uyu Muhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko ku rwego rw’Igihugu akagira inama urubyiruko ruyobora urundi mu nzego zose z’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko kujya bita ku bantu nk’abo bakabahindura hakiri kare kugira ngo batangiza abandi abagasubiza inyuma ibikorwa bagezeho n’ibyo igihugu kimaze kugeraho muri rusange.

Rwandans stand a united people today – Kagame

$
0
0
kagame

Presidents; Paul Kagame, Museveni, Salva Kiir and Uhuru Kenyatta during celebrations to mark 20 years of Rwanda’s Liberation

President Paul Kagame has said that despite the dark history the Country went through twenty years ago, Rwandans stand a united people to day.

Kagame said this on Friday, during celebrations to mark 20th anniversary of Rwanda’s Liberation.

This year’s Liberation was dubbed: “Kwibohora20” and was celebrated under the theme: “Together we prosper”.

Speaking at a colourful event that was attended by East African Heads of States; President Yoweri Kaguta Museveni of Uganda, Uhuru Kenyatta of Kenya; President Salva Kiir of S.Sudan and Burundi first Vice President Prosper Bazombanza, President Kagame said that today, Rwandans stand firm as one people who liberated themselves, set and guided their destiny- something he said has never happened in Rwanda before.

“Rwandans stand together today as a people united, liberated and focused as never before…on attaining the future we want. On the 4th of July in 1994, the darkest part of history was brought to a close and life could begin anew,” said Kagame.

The Head of State reminded Rwandans that despite having moved a step to liberate themselves, a lot still need to be done.

“We still have a long way to go, but Rwanda has been able to come this far because we owned up. We can get the future we want if we all hold each other accountable for it.”

Kagame added that Liberation reminds great sacrifices of all involved.

“To those who left to fight, many never came home. To those who dedicated themselves to grassroots education on the struggle and those who supported the course with whatever resources they had…today we remember all of them in a spirit of gratitude,” Kagame said amidst applause from the audience.

Kagame said that the losses endured by every Rwandan family “strengthens our selves to safeguard what we have gained.”

 

A military parade that entertained guests at Amahoro National Stadium

A military parade that entertained guests at Amahoro National Stadium

 

Kenyan President Uhuru Kenyata who is the chairperson of the East African Community said that the regional block and Kenyans stand with Rwandans in commemorating Liberation but also stand with them in resisting anything that can sabotage their development.

“20 years ago today, our sorrow, our respect for your recovery are immeasurable,” he said.

President Kenyatta regretted that the region could have done more to help save Rwanda from evil. Kenyatta, however, praised Rwanda for recovering tremendously.

“Rwanda has advanced mightily. You have restored order, rule of Justice, peace and reconciliation. Your example of reconciliation inspires us all.

President Kenyatta assured that the East African Community and Kenya stand by Rwandans.

The Minister of foreign affairs, Louise Mushikiwabo saluted all those who stood firm and took up arms to liberate the Country, and passed on special tribute to President Kagame who led the struggle that has made Rwanda what it is today.

“We salute those brave men and women whose endurance spirit (Inkotanyi) brought us in relation and possibility of a new beginning of a united nation. They were led by our President Paul Kagame. We cannot say often enough, Mr. President how much we appreciate your selfless and tireless service to the people of this Country. You symbolize the resilience and hope that this nation hope for the future.”

Minister Mushikiwabo later on read a statement from President Salva Kiir on behalf of the people of South Sudan who particularly thanked Rwanda for standing strong in helping save lives of innocent civilians in their Country.

This year’s Kwibohora20 was marked by different humanitarian activities including construction of health centres across the Country as well as free medical services to the community by Rwanda Defence Forces (RDF)

Karongi to eradicate poverty by 2018

$
0
0

Karongi district has set strategies to completely eradicate poverty in the district by 2018 with all residents being able to provide for their families with basic and necessary needs. This program is based on the government Economic Development Poverty Reduction Strategies.

Karongi to eradicate poverty by 2018

The Karongi district leaders in the press conference

The Poverty Reduction strategies include distributing cows in Girinka program and livestock to the vulnerable residents. Encouraging modern methods of farming, creating new employment opportunities, encouraging people to seek financial services from the banks are some of the strategies.

These strategies were highlighted by the mayor of Karongi district Bernard Kayumba during a press conference on the 6th, July, 2014.

The vice mayor for finance and economic development Sebastian Hakizimana reminded people these programs are directly part of EDPRS II.

“We will be following up on people who receive livestock to see if the reproduced and they are getting manure. We will also make sure people who receive direct support use productively,” Hakizimana explained.

This press conference saw Karongi district leaders discuss the tourism industry and service delivery.

Gisagara: Nyuma y’urugamba rwo kwibohora haracyari urwo kwigira

$
0
0

m_Nyuma y’urugamba rwo kwibohora haracyari urwo kwigira

Abaturage b’akarere ka Gisagara barasabwa kumva ko nyuma y’urugamba rwo kwibohora hakomeje urugamba rwo kwigira kuko ngo iyo umuntu agitegera amaboko abandi, aba ataribohora ku buryo bwuzuye.

Ibi babisabwe n’umuyobozi w’aka karere Karekezi Léandre mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye.

Muri uyu muhango mu karerere ka Gisagara abategarugori Mukasine Christine na Mukarurinda Domitiliya batanze ubuhamya bw’uburyo nyuma yo kwibohora,hari impinduka zigaragara mu buzima bwabo  bakesha cyane cyane kuba barahawe agaciro nk’abagore.

Mukasine ati “Nahereye ku busa none ubu maze kwiteza imbere, ndorora, nahereye ku ngurube imwe none ubu mfite 16 kandi mbona zimpa umusaruro kuko iyo mperuka kugurisha nakuyemo amafaranga ibihumbi 150”

Mukarurinda we avuga ko yamaze igihe kinini atagira aho kuba ariko nyuma akaza kubakirwa ndetse ubu akaba ari no mu matsinda amufasha kwizamura, ibi ngo bikaba bimuha kumva yarabohotse kuri byinshi.

Niyonzima Dieudonée Mustanteri wa komini Nyamurenza  yo mu ntara ya Ngozi mu gihugu cy’uburundi wari witabiriye ibi birori by’isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye,yasabye urubyiruko rw’u Rwanda guha agaciro amateka yo kubohora u Rwanda bagashyira imbaraga mu gukomeza kuruteza imbere.

Léandre Karekezi umuyobozi w’akarere ka Gisagara yongeye gusaba abaturage kutagereka akaguru ku kandi ngo bumve ko byose byagezweho ahubwo ko bakwiye gukomeza urugamba rwo kwigira kuko ngo iyo umuntu agitegera amaboko abandi aba ataribohora byuzuye.

Ati “Kwibohora bijyana n’ibintu byinshi, muri byo harimo no kuva mu bukene kandi duharanira kwigira kuko umuntu utegereza kugira icyo ageraho atariwe biturutseho aba ataragera ku kwibohora kwuzuye, banyagisagara rero muhaguruke duharanire gukora twiteze imbere”

Uretse akarasisi k’ibigo by’amashuri n’amakoperative atandukanye,muri uyu muhango akarere ka Gisagara kagabiye inka 7 abaturage batishoboye kugira ngo zibafashe gukomeza urugamba rwo kwibohora ku bukene.

 

Gisagara: Gukorera ku mihigo biri kubazamura mu itarambere

$
0
0

Abatuye akarere ka gisagara baratangaza ko imihigo y’ingo ifasha abagize umuryango gushyira umuhati  mu bikorwa bahigiye gukora bityo iterambere rikihuta.

m_Gukorera ku mihigo biri kubazamura mu itarambere

Buri rugo rugira ikaye y’imihigo, rukabigaragariza umukuru w’umudugudu rubarizwamo, nawe akabyemeza abishyiraho umukono.

Nyuma y’aho hashyiriweho gahunda y’imihigo ku bayobozi kuva ku rwego rw’umudugudu, aho umuyobozi agaragaza ibikorwa ateganya kugeraho mu gihe runaka, hanashyizweho imihigo y’ingo aho zihigira ibikorwa zizageraho mu gihe runaka.

Ni muri urwo rwego buri rugo rusabwa kugira ikaye y’imihigo, rugaragarizamo ibyo bikorwa, rukabigaragariza umukuru w’umudugudu rubarizwamo, nawe akabyemeza abishyiraho umukono.

Abatuye umurenge wa Kibirizi muri aka karere bavuga ko kuva aho iyi mihigo ishyiriweho hamaze guhinduka byinshi mu buzima bwabo, aho yabafashije kwihuta mu iterambere.

Kimonyo Jean Paul umwe muri aba baturage ati”Iyi gahunda y’imihigo y’ingo imaze guhindura byinshi mu rugo rwanjye, kuko ibyo mpize gukora ngerageza ibyo nshoboye byose maze nkabigeraho, kandi ibi byatumye ngera kuri bynshi ntari kuzageraho byoroshye”

Nyiraneza Pascasie nawe utuye muri uyu murenge avuga ko uyu mwaka yari yiyemeje kuzagurira matora nshya urugo rwose, akagura inyakiramashusho ndetse akarihira n’ubwisungane mu kwivuza ku gihe none ngo yabigezeho

Kabogora Jacques umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibirizi  avuga ko iyi gahunda ituma umuturage agira intego ndetse akanakorera kuri gahunda, yakwesa umuhigo we bikamutera imbaraga zo guharanira no kugera ku bindi byisumbuyeho.

Ati”Iyo umuturage ahize umuhigo akawuhigura bimuha imbaraga ubutaha akazakora ibyisumbuyeho, iyi gahunda rero mbona ari nziza iri kudufasha mu iterambere ku buryo bugaragara”

Kugira ngo iyi gahunda y’imihigo y’ingo ikurikiranwe muri buri mudugudu hashyirwaho itsinda rishinzwe gukurikirana uko ya mihigo igenda ishyirwa mu bikorwa, bityo bigatuma hatabaho kwirara no kwirengagiza ibyo umuturage yahize.

Gahunda y’imihigo y’ingo mu karere ka Gisagara igiye kumara imyaka itanu ihageze.

 

Nyamasheke: Mukarutesi mu myaka ye y’ izabukuru avuga ko u Rwanda rwateye imbere

$
0
0

m_Mukarutesi mu myaka ye y’ izabukuru avuga ko u Rwanda rwateye imbere

Mukarutesi Jyonovefa  ni umukecuru utuye mu mudugudu wa kirambo mu kagari ka kigoya mu murenge wa KANJONGO , avuga ko atazi imyaka ye ariko ko yakuze yumva bavuga ko barusha amahanga umwami wabo Musinga, akaba avuga yasanze abakobwa bakiri bato batambara imyenda, akemeza ko icyo gihe abayarwanda barangwaga n’ubumwe kubahana no gukunda igihugu cyabo.

Mukarutesi avuga ko nyuma y’icyo gihe u Rwanda rwakomeje kurangwa n’ibintu bibi birimo irondakoko ndetse n’ubwicanyi bwagiye  buyobogoza igihugu, ibyo ngo bikaba bayaratumye abanyarwanda babaho mu rwikekwe no kudakundana.

Mukarutesi ashima ko kugeza ubu abona rwa rukundo yakuze abona rutangiye kugaruka mu banyarwanda akabona ko inyigisho nziza bigishwa n’abayobozi babo nikomeza  uko abibona u Rwanda ruzongera kuba igihugu ntagereranwa kandi rwishimiwe n’abenegihugu.

Yagize ati “turi kwibohora kuko twagarukiye habi, twese twari tuzi ko twahindutse twese, ariko si twese twahindutse nabi, ubu rero abanyarwanda bongeye kuba umwe, uku niko kwibohora rero kuko bigarura ibya kera aho abanyarwanda basabana abageni batareba amoko kandi bakabaho bishimanye na kwikekana guhari”.

Mukarutesi ashima gahunda za leta zihari zo gufasha buri wese kugira aho yigeza, yaba abakecuru bagahabwa igituma bazatabaruka bishimye kuko bitaweho.

Mukarutesi yemeza ko kuba akiriho abikesha Imana kuko atakwemeza ko ari uko yariye neza cyangwa indi mpamvu ko byose abikesha iyamuremye.

Uyu mukecuru yabyaye abana umunani ariko kuri ubu avuga ko asigaranye abana babiri n’ubwo yemeza ko bashaje cyane .

Agira ati “nsigaranye utwana tubiri kamwe ni agakobwa karashaje niko kantunze ariko undi mfite w’umuhungu ni agasaza rukukuri”.

Mukarutesi avuga ko u rwanda nirukomeza kuyoborwa neza ruzagera kuri byinshi kandi ko abanyarwanda bakwiye gufatanyiriza hamwe bakubaka ibyo bamaze kugeraho.

 

Ruhango: Iyo umunsi wo kwibohora ugeze ashimishwa n’uko abaturage barata ibigwi by’ingabo zabohoye igihugu

$
0
0
m_Iyo umunsi wo kwibohora ugeze ashimishwa n’uko abaturage barata ibigwi by’ingabo zabohoye igihugu

Twagiramungu Jean Damascene ashimishwa n’ukuntu abaturage bashima ibigwi by’ingabo zabohoye igihugu

Twagiramungu Jean Damascene utuye mu karere ka Ruhango ubana n’ ubumuga bwo gucika amaguru yombi yatewe n’urugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko iyo isabukuru yo kwibohora igeze buri mwaka, ashimishwa cyane no kumva abaturage birahira ibigwi ingabo zagize mu kubohora u Rwanda nawe ubwe yagizemo uruhare.

Twagiramungu Jean Damascene w’imyaka 45, yinjiye mu gisirikare mu mwaka 1991 afite imyaka 23, yinjirira mu mutara afite intego yo kubohora igihugu cyari cyiyobowe n’igitugu.

Kuri ubu ni umwe mu ngabo zavuye ku rugerero atuye mu mudugudu wa Bumbogo akagari Kanyamagana umurenge wa Ruhango, aho komisiyo ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugero yamwubakiye inzu.

m_Iyo umunsi wo kwibohora ugeze ashimishwa n’uko abaturage barata ibigwi by’ingabo zabohoye igihugu1

Mu gihe cya saa yine z’amanywa twamusanze yicaye imbere y’umuryango  w’inzu ye ari mu kagare kagenewe ababana n’ubumuga, arimo gukina n’abana be babiri umugore we ari mu gikari mu mirimo itandukanye, twinjiye mu nzu ye isa neza cyane atangira kutuganirira uko yakomeretse.

Avuga ko hari mu kwezi kwa 06/1994 ubwo bari Ishyorongi barwanya ingabo zari zimaze kwica abaturage mu mujyi wa Kigali, ngo niho bamutereye igisacu cyo mu bwoko bwa Grenade kiramuturikana kimukubita mu mugongo akomeraka atyo.

Ati “byarambabaje cyane ukuntu twari turangije urugamba nzi ko nanjye ngiye kwishimira ibyo twagezeho, icyakora nanone ku rundi ruhande nashimishijwe n’uko bagenzi banjye babigezeho nta kibazo mfite.”

m_Iyo umunsi wo kwibohora ugeze ashimishwa n’uko abaturage barata ibigwi by’ingabo zabohoye igihugu2

Mu nzu ye yubakiwe na komisiyo ishinzwe gusbiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugerero

Twagiramungu, ngo nubwo yakomerekeye ku ruganba, iyo umunsi wo kwibohora buri mwaka ugeze akumva uko abanyarwanda bawishimiye ngo yirengagiza ibyamubayeho nawe bikamushimisha.

Habiyaremye Frodouard  uhagarariye komisiyo ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe ingabo zavuye ku rugero, avuga ko batazigera batererana izi ngabo zamugariye ku rugamba.

m_Iyo umunsi wo kwibohora ugeze ashimishwa n’uko abaturage barata ibigwi by’ingabo zabohoye igihugu1

Nawe ngo afite intego yo kwigira

kugeza ubu igihe iyi komisiyo igifite ubushobzi ibitaho uko bishoboka ariko ngo inabigisha uburyo bagomba kwigira. Uyu muyobozi akavuga ko ubushobozi bwa komisiyo niburangira bazabasigira inzego zindi za Leta zigakomeza kubitaho.

Twagiramungu, Kugeza ubu ubuzima bwe bumeza neza ndetse ngo  nawe agomba gukomeza guharanira kwigira agasaba abanyarwanda gukomeza gukunda igihugu cyabo kuko hari aho cyavuye kikaba gifite n’aho kimaze kwigeza.

 


Gicumbi – Bibohoye urwango abanyapolitike bo kuri leta ya Habyarimana yababibyemo

$
0
0
m_Bibohoye urwango abanyapolitike bo kuri leta ya Habyarimana yababibyemo

Sitade ya Byumba yari yuzuye abaturage baje kwizihiza ibirori

m_Bibohoye urwango abanyapolitike bo kuri leta ya Habyarimana yababibyemo1

Ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye abanyagicumbi bavuga ko bibohoye u rwango bari barabibwemo na leta y’uwahoze ari perezida w’u Rwanda Habyarima Juvenari hamwe n’abanyapolitike bayoboranaga rwo kwanga inkotanyi.

Umwe mubaturage wari witabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye kuri uyu wa 4/7/2014 Ntagungira Deogratias avuga ko leta ya Habayarimana yababibagamo urwango rwo kwanga inkotanyi bababwira ko atari abantu ahubwo ari inyenzi zifite amatwi ndetse n’uburebure bukabije n’imirizo.

m_Bibohoye urwango abanyapolitike bo kuri leta ya Habyarimana yababibyemo2

Ibigo by’Imari nbyo byitabiriye ibirori byo kwibohora

Avuga ko icyo gihe Inkotanyi zitera zinjiriye mu karere ka Gicumbi  agasanga ariyo mpamvu babangishaga inkotanyi bababwira ko Inyenzi zifite amatwi n’imirizo bakumva ari ibisimba.

m_Bibohoye urwango abanyapolitike bo kuri leta ya Habyarimana yababibyemo3

Ingabo z’igihugu bazisabye guhaguruka barazishimira ubwitanjye bwo kubohoza u Rwanda

Nyuma babahaga izina ry’inyenzi babagereranya n’ibisimba ariko nabo baje kwibonera ukuri kwabyo ko ari urwango bababibagamo.

Nyuma baje kujya bahura n’abasirikare ba RPF inkotanyi aho barwaniraga muri aka karere ka Gicumbi mu mirenge ya Kaniga , Cyumba, na Mukarange bakababwira impamvu bashoje urugamba ko ari ukwibohora ingoma y’igitugu.

m_Bibohoye urwango abanyapolitike bo kuri leta ya Habyarimana yababibyemo4

Abayobozi batandukanye bitabiriye ibirori

Ati “ twarabamenye kuko leta ya Habyarimana nta kiza yahaga abanyarwanda wasangaga birira gusa, barazanye inda twe ntibatwibuke ariko ubu Perezida Paul Kagame yazaniye abanyarwanda iterambere.”

Bimwe mu byo bashima byagezweho harimo uburezi budaheza, Gahunda ya Girinka munyarwanda, gukura amoko mu banyarwanda hashimagirwa gahunda ya Ndi Umunyarwanda ndetse ntiyandikwe no mu byangombwa biranga umunyarwanda, Ubwisungane mu kwivuza, kutaronda uturere , n’umutekano w’abanyarwanda muri rusange.

m_Bibohoye urwango abanyapolitike bo kuri leta ya Habyarimana yababibyemo5

Abanyeshuri nabo baijihije umunsi wo kwibohora

Mukandutiye Godebereta avuga ko ubu buri munyarwanda yari akwiye kwirata ibyo amaze kugeraho mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye kuko ntawe ubuyobozi bwa RPF inkotanyi bwaheje.

Ashima guha abagore ijambo no kuba nta mugore ugikorerwa ihohoterwa iryo ariyo ryose kuko leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda y’urwego rwa polisi ishinzwe kurwanya ihohoterwa “ISange One Stop center” ikaba ifasha abagore kurenganurwa igihe hari uwabahohoteye.

Ikindi abanyagicumbi bishimiye kuri uyu munsi ngo ni uburyo babanaga n’ingabo za RPF inkotanyi mugihe cyo kubohoza urwanda.

Ngo icyo gihe bafatanyaga n’abaturage muri gahunda zose zo kubohoza igihugu kandi bagashima ko nta muturage bahohoteraga muri icyo gihe ndetse ko nubu usanga ingabo za RPF zifite ikinyabupfura gitandukanye n’ikingabo zo kuri leta ya Habyarimana.

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuye kure Alexandre avuga ko yari politike mbi yo kwambura agaciro abantu babagereranya n’ibisimba.

m_Bibohoye urwango abanyapolitike bo kuri leta ya Habyarimana yababibyemo6

Umwana wavuze umuvugo Majoro Bikaga Donat yamuhembye amafaranga

Avuga ko ibinyoma by’ubuyobozi bubi byaje gutahurwa kuko nyuma y’uko urugamba rurangiye abaturage nabo biboneye ukuri kubyo babeshywaga atari ukuri.

Avuga ko aho abanyarwanda bageze bagomba kwiyubaka aho gukomeza kugendera kubinyoma by’abashaka gusenya ibyo abanyarwanda biyubakiye.

 

Rwandan Peace Keepers in Central Africa celebrate Kwibohora20

$
0
0
m_Rwanda’s commitment to promoting ICT

Rwandan peacekeepers in Central Africa dance during celebrations to mark Kwibohora20

 The Rwanda Mechanised Infantry Battalion (RwaMechBatt1)serving under the African led International Mission Support to Central African Republic (MISCA), celebrated the 20th Liberation Anniversary under the theme “Together we prosper”.

On Liberation Day, the President of the Central African Republic (CAR), H.E Catherine Samba Panza sent a congratulatory message to Rwanda Peacekeepers in MISCA for their endeavour to bring peace in CAR.

“To you Rwandan Contingent, I sincerely extend congratulations on your Liberation Day, we also recognise your endless efforts and will to bring peace to our Country”.

In a colourful ceremony that took place on 4th July 2014 at Rwandan Contingent Headquarters, SOCATI, in Bangui, the Rwandan Peacekeepers were joined by MISCA Force Commander Brig Gen Martin Tumenta Chomu, Honorable Mme Ngougmba, MISCA Officials, Local leaders and Rwandan Community living in the Central African Republic.

During the celebration, the MISCA Force Commander commended the exemplary service of Rwandan Contingent in MISCA in carrying their duty and mandate of restoring peace in CAR.

MISCA Force Commander Brig Gen Martin Tumenta Chomu delivering his speech

Rwanda’s commitment to promoting ICT

Col Evariste Murenzi, Chief of Staff in MISCA, on behalf of the Rwandan Contingent thanked each and every one who joined Rwanda Peacekeepers to commemorate the National Liberation Day.

He explained Rwanda’s liberation journey and achievements. “Self-reliance and dignity are the source of development”, he said before citing an example of four bridges constructed by Rwanda Peacekeepers in Bangui, 5th Arrondissement as one way to find home grown solution to prevailing situation.

Governance experts criticize the west for imposing policies on developing nations

$
0
0

Governance conference delegates visited the Kigali Genocide memorial at Gisozi

 Rwanda this week hosted International Conference on Democratic governance in Africa, Asia and Middle East.

The conference which took place in Rwanda’s Capital, Kigali from June 30 to July 2, attracted experts from Africa, Asia and Middle East to discuss better solutions to democratic development on the two Continents.

During the conference, experts criticised Western donors for imposing policies on developing nations and urged that imitating democratic models from Western countries unsettles governance and weakens long-term development.

Organised by Rwanda Governance Board (RGB), the conference attracted participants seeking an opportunity to learn about specific home-grown initiatives in various Countries through sharing insights on development or democratic issues, constraints and opportunities for Africa, Asia and the Middle East.

Experts denounced Western Countries that impose democracies on their soil, saying it weakens progress on two continents.

According to participants at the Conference, African and Asian countries must adopt democratic models that put in context their cultures and history, rather than directly implementing those imposed or suggested by Western powers.

Stakeholders at the conference included Scholars, politicians and entrepreneurs from across the world.

Organised by Rwanda Governance Board (RGB), the United Nations and Cheyney University of Pennsylvania, the three-day conference explored constraints to good governance, as well as emerging opportunities of democratic governance.

Bulent Akarcali, a Turkish entrepreneur and a panelist at the conference, criticised Western donors for imposing policies on developing nations, arguing that directly copying democratic models from Western countries hinders governance and undermines long-term development.

“Countries in sub-Saharan Africa and Asia were targeted by Western powers because of their wealth in natural resources. All that the big powers want is to disrupt governance and get what they want, so they forced developing nations to implement systems of democracy that undermine the history and cultures of people,” Akarcali said adding that: “Real democracy must not be complicated and must put into context the cultural systems of countries. Europe and America are not a monopoly of democracy and they should not dictate models to Africa and Asia.”

‘Collective voice against the trend

Wellars Gasamagera, the director general of Rwanda Management Institute, added to Akarcali’s voice saying that “There is no rule book for governance. Every country is involved in a unique process basing on its own internal challenges. Citizen’ participation is key at all stages of democracy, yet levels of participation vary according to contexts and situations,” Gasamagera undescored.

According to Rwanda’s Minister of Local Government and Community Development, James Musoni, all countries still on the trail of development should seek home-grown initiatives in order to bring about meaningful transformation to their societies.

“It is generally accepted that ‘democratic governance’ comes as a pre-requisite to the broad socio-economic development of a society. However, in order to translate a principle into tangible results, first, strong political will for good, inclusive and accountable governance stemming from the very top, is key in the establishment of effective and citizen-responsive institutions,” said the Minister.

Minister Musoni added that accountability within democratic governance has been a hotly discussed topic for decades, but practical and locally acceptable instruments for instilling good governance into the public administration must be developed and pursued.

Margaret Zziwa, the Speaker of the East African Legislative Assembly, told the participants that sharing good democratic practices among African states would help overcome particular challenges affecting them currently.

“Many of the things that East Africa aspires for revolve around good governance and democracy. We have diverse cultures in the region, but if we are going to achieve all our goals, including political federation, we must look at what has worked elsewhere as well as emphasise citizen participation,” She said.

The conference provided participants with an opportunity to learn about specific home-grown initiatives in various countries through sharing acumens on development or democratic issues, constraints and opportunities for Africa, Asia and the Middle East.

Time to draw tangible strategies

According to Rwanda Governance Board, the conference was organised on the principle that after more than 50 years of failed development, it is time for stakeholders to plan and implement concrete strategies geared toward building sustainable communities.

The Conference ended on high as participants reviewed issues and constraints to good governance and democratic issues in developing countries, and assess different home-gown initiatives as tools of promoting good governance principles.

During their stay off the Conference, participants started a tour of different institutions across the Rwanda on Thursday, as part of learning from the Country’s journey from scratches to exemplary good governance, reconciliation and Democracy.

The first stop of their tour was at Gisozi Genocide memorial site in Kigali, where they were briefed about Rwanda horrific Genocide, its impacts to the Country and the World as well as how Rwandan leadership forged ways to overcome it and foster reconciliation among its people in the last 20 years.

Abaturage ba Gatsibo bayigejeje aho itagereranywa na komini Murambi ya cyera

$
0
0
Uruganda rw’umuceri kimwe mu byagezweho mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kwibohora

Uruganda rw’umuceri kimwe mu byagezweho mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kwibohora

Abayobozi b’akarere ka Gatsibo baravuga ko intera ako karere kagezeho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye ngo igaragaza iterambere rikomeye ku buryo nta wagereranya icyari komini Murambi ya kera na Gatsibo y’iki gihe kandi ngo ibyagezweho byose ni uruhare rw’abaturage n’ubushake bwabo bwo gutera imbere.

Mu Gatsibo bavuga ko ngo nyuma yo kubona ubwigenge, ubutegetsi bwagiyeho mu Rwanda ngo bwabaswe n’imiyoborere mibi itari igamije iterambere ry’abaturage. Ubu butegetsi ngo bwahezaga abaturage, bukabima ijambo ndetse ngo ni nabwo bwateguye kwica abenegihugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nyuma ya 1994 ariko ngo u Rwanda rumaze kwibohora hagiyeho ubuyobozi bugamije iterambere ry’abaturage, bose bahabwa ijambo mu kugena no kwiyubakira ibyiza by’igihugu bashaka. Ruboneza Ambroise uyobora akarere ka Gatsibo avuga ko iryo terambere rishingiye ku miyoborere myiza, aho buri abaturage bagira uruhare mu bibakorerwa, kandi bamaze guha agaciro gahunda za Leta ku buryo ubu bamaze kuzigira izabo.

Ubutegetsi bwahozeho ngo uretse no kudafasha abaturage muri gahunda zitandukanye z’ubuhinzi, ubworozi n’indi myuga, ngo ntibwabahaga umwanya wo kwihitiramo icyabateza imbere.

Mu burezi ngo ntibyari byoroshye kuko amashuri yabonwaga n’ufite bene wabo bakomeye cyangwa uwemerewe hagendewe kuri politiki y’iringaniza y’icyo gihe, ngo basanga ari mwene ngofero bakamusimbuza uwifite.

Gahunda ya Girinka Munyarwanda ni kimwe mu byashimishije abaturage b’Akarere ka Gatsibo

Gahunda ya Girinka Munyarwanda ni kimwe mu byashimishije abaturage b’Akarere ka Gatsibo

Kuri ubu ngo uburezi, imiyoborere myiza n’iterambere ry’ubukungu bigaragarira buri wese ku buryo ugeze mu karere ka Gatsibo utahaheruka atashidikanya kuvuga ko aka karere kibohoye nk’uko bitangazwa n’uyu muyobozi w’akarere ka Gatsibo, bwana Ruboneza Ambroise.

Ruboneza agira ati: “Kugereranya Gatsibo uko tuyibayemo iki gihe na komini Murambi ya mbere ya Jenoside ni ibintu bitagereranywa. Ni nko kugereranya umwijima n’urumuri cyangwa Isi n’Ijuru. Hari uwakumva ariko nanone byoroshye kuko ngo bihagije guhagarara hano hanze ukareba impinduka zagiye zibaho kuko bihita bikugaragariza aho twavuye n’aho tugeze uyu munsi.”

Kuva u Rwanda rwakwibohora mu 1994, ngo mu karere ka Gatsibo hamaze kubakwa ibikorwa by’iterambere bigaragara birimo nk’inganda zitandukanye nk’urutunganya umuceri, urutunganya imyumbati rukayibyazamo ifu, urukora inkweto mu ruhu n’izindi. Izi nganda ngo ntibishimira ko zubatswe gusa, ahubwo ni umusingi w’iterambere n’ubukungu kuko  byatumye abaturage muri ako karere bahabwa akazi ari benshi.

Akarere ka Gatsibo gafite ibitaro bikuru 2, ibigo nderabuzima 19 ndetse n’udushami tw’ubuzima bita postes de santé 17, mu gihe mbere ya Jenoside ngo hari ibitaro gusa nabyo bikaba bitari bifite ibikoresho bihagije mu kwita ku babigana.

Gicumbi – Local Defense 649 basubijwe mu buzima busanzwe

$
0
0
Local Defense ziri gusezererwa

Local Defense ziri gusezererwa

Aba ni bamwe mu bari mu mutwe ushinzwe gucunga umutekano mu nzego z’ibanze uzwi ku izina rya Local Defence wakoreraga mu karere ka Gicumbi waserewe kumugaragaro aho ugiye gusimburwa n’undi mutwe uzwi ku izina rya DASO.

Abitwaga Local Defense 649 bakoreraga mu karere ka Gicumbi basezerewe kuri iyo nshingano nk’uko biri muri gahunda nshya ya leta y’u Rwanda yo gusimbuza uyu mutwe urwego rushya ruzarinda umutekano mu karere rwiswe DASSO.

Muri iki gikorwa, abasanzwe ari ba Local Defense basubije imyamabaro y’umurimo n’ibindi bikorersho bifashishaga mu kazi ko gucunga umutekano, basezererwa ku mugaragaro.

Sinzabakwira Oscar wari Local defense yo mu murenge Miyove yavuze ko n’ubwo basubiye mu buzima busanzwe bazakomeza gufatanya n’abandi gucunga umutekano w’abaturage n’igihugu muri rusange,

Local Defense basubije umwambaro w’umurimo

Local Defense basubije umwambaro w’umurimo

Bavuga ko n’ubwo bagiye mubuzima busanzwse batazahwema gucunga umutekano w’abaturage.

Local Defense batanze umwambaro w’umurimo

Local Defense batanze umwambaro w’umurimo

Bamwe muri aba ba local defense bavuze bamwe muri bo bari bamaze kumenyera ubuzima bwo gukorera amafaranga kuko hari nk’abarindaga ibigo bikorera i Gicumbi nka n’ibindi bikomeye bakabona amafaranga, none bakaba bagiye gutangira ubuzima busanzwe bwo kwirwanaho ntaho bakura ifaranga nk’uko local defense Turikumwe Girbert waturutse mu murenge wa Cyumba yabitangaje.

Bahawe icyemezo cy’ishimwe

Bahawe icyemezo cy’ishimwe

Uyu Turikumwe na bagenzi be baboneyeho gusaba ubuyobozi kubafasha bakabatera inkunga maze bakibumbira muri za koperative bagakora bakiteza imbere.

Abayobozi babagiriye inama yo gukora imirimo isanzwe bakiteza imbere kugira ngo babashe kwinjira mu buzima busanzwe bemye, dore ko n’uyu murimo wari ubwitange batahemberwaga, uretse bamwe muei bo babaga baragize amahirwe yo kubona akazi mu bigo bakabahemba.

Ku mpungenge bamwe mu baturage bagaragaje ko aba balocal defense bakwishora mu bikorwa bibi, aba basezerewe bamaze impungenge abantu ko nta gikorwa kibi bakora gihungabanya umutekano, bavuga ahubwo ko bazaharanira gukora ibyabateza imbere bakomeza kubungabunga umutekano.

Abayobozi bari bitabiriye uyu muhango

Abayobozi bari bitabiriye uyu muhango

Umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre yabijeje ko ubuyobozi buzakomeza kubaba hafi ndetse bagakorana neza ku buryo abazaba inkwakuzi mu kwiga imishinga ibabyarira inyungu bazabatera inkunga.

Abayobozi na Local Defense bifotoranyije ifoto y’urwibutso

Abayobozi na Local Defense bifotoranyije ifoto y’urwibutso

Yabasabye ko bagomba gukora bakiteza imbere ndetse bakibumbira mu mashyirahamwe akarere kakabatera inkunga kuko bakoze umurimo mwiza w’ubwitange bagafatanya n’inzego z’ubuyobozi gucunga umutekano w’abaturage.

Umutwe wa local defense washyizweho mu mwaka wa 2004, uhabwa inshingano yo gufatanya n’izindi nzego gucunga umutekano, cyane cyane mu nzego z’ibanze zegereye abaturage. Leta y’u Rwanda yamaze gushyiraho uwitwa DASSO, district administration security support organ, uzawusimbura ukanahabwa inshingano nshya, ubu hirya no hino mu gihugu hari kubera ibikorwa byo kubasezerera basubira mubuzima busanzwe.

Gicumbi demobilises 649 Local Defense officers 

$
0
0

About 649 former Local Defence Force agents in Gicumbi district were demobilized after the force was phased out in favour of the new district administration security support organ (DASSO).

In this function, the Local Defence officers officially gave back the tools they had and promised to keep being security vigilant in their homes leaving the responsibility of maintain security to the DASSO officers.

Gicumbi demobilises 649 Local Defense officers

 “It will be difficult to start from scratch and no kind of employment as we are used to but we will do our best and we will always ensure the security of our communities,” said Gilbert Turikumwe one of the demobilized officers in Cyumba sector.

Gicumbi demobilises 649 Local Defense officers2

The former Local Defence officers were given certificates of appreciation

The ex-security agents asked for financial support from the district leaders to form cooperatives and work to sustain their living. With the exception of the few who secured employment from companies and schools as security agents, the Local Defence work was voluntary and the officers were not paid for their services.

The mayor of Gicumbi district Alexandre Mvuyekure assured the ex-security agents continuous support especially in helping them to realize developmental projects they will work on.

Gicumbi demobilises 649 Local Defense officers3

Leaders from different security organs attended this function

 Local Defense was put in place in 2004 with the responsibility of working with other security agencies in the country to maintain the security of the people and their belongings. This was replaced by the government of Rwanda in 2014 with DASSO that will replace it but with new responsibilities.

‘Local defense’ b’i Nyagatare basoje ikivi bashimirwa

$
0
0
Local defense’ b’i Nyagatare basoje ikivi bashimirwa

Morali yari yose basezererwa.

 Kugira ikinyabupfura, ubunyangamugayo, kubana neza n’abandi baturage no gukomeza kuba ijisho ry’umutekano nibyo byasabwe abahoze ari ba ‘local defense’ bo mu karere ka Nyagatare mu muhango wo kubasezerera wabaye kuri uyu wa 10/07/2014 mbere y’uko basimbuzwa urwego ruzitwa DASSO 

Aba bashoje ikivi cyabo bizeje ko batazihanganira abashaka guhungabanya umutekano n’umudendezo wa rubanda. Akarere ka Nyagatare kabarirwagamo aba local defence bagera kuri 300.

Bamwe muri bo, cyane cyane abakiri bato n’abisoje amashuri ngo bazashyirwa mu rwego rwa DASSO ruzafata inshingano yo kurinda umutekano w’abaturage byakorwaga na Local defense.

Bazaza Jean Damascene yakoreraga mu murenge wa Gatunda. Avuga ko n’ubwo bashoje ikivi cyabo ariko batashye bishimira ko umutekano baharaniye wagezweho kandi babigizemo uruhare kandi ngo nk’ababitojwe ngo ntibazihanganira uwo ariwe wese washaka guhungabanya umutekano n’umudendezo wa rubanda.

‘Local defense’ b’i Nyagatare basoje ikivi bashimirwa2

Sabiti yabasabye kujya kuba ijisho ry’umutekano mu midugudu batuyemo.

Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Atuhe Sabiti Fred yashimye aba ba local defence ubwitange bagaragaje mu kubungabunga umutekano anabasaba kutazasiga izina ryabo isuri mbi bishora mu ngeso mbi. Yabasabye kurangwa n’ikinyabupfura, kuba intangarugero no kuba ijisho ry’umutekano.

Mayor ( ibumoso) yabasabye kwibumbira mu makoperative bagafashwa

Mayor ( ibumoso) yabasabye kwibumbira mu makoperative bagafashwa.

Ubutumwa bwo gukomeza kuba ijisho ry’umutekano kandi nibwo bahawe na Superintendent Safari Christian uyobora polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyagatare wabibukije ko kurinda umutekano bidakwiye gukorwa hashingiwe ku myambaro bambaraga gusa, ahubwo bo bagomba kubikora by’umwihariko nk’ababifitemo uburambe n’ubunararibonye.

Urwego rwa Local defense rwashinzwe mu mwaka wa 1996 hagamijwe kunganira inzego z’umutekano ndetse n’abaturage cyane ko bafatanyaga mu kurinda no kubungabunga umutekano.

Abasezerewe babaga muri local defense basabwe kwibumbira mu makoperative kuko aribwo byakoroha guterwa inkunga.


Nyamasheke: Kongera iminsi n’abasuzuma imihigo bizatuma ibimurikwa biba byinshi

$
0
0

Abayobozi mu karere ka Nyamasheke baravuga ko kuba abasuzuma imihigo barongerewe iminsi n’ubwinshi ngo bizatuma bareba ibyakozwe byinshi kandi ku buryo bwuzuye hagaragare koko isura nyayo y’iterambere.

m_m_NyamashekeDist

Ibi byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Habyarimana Jean Baptiste uvuga ko kuba mbere harakorwaga isuzuma mu minsi ibiri, ariko ubu bikaba bizakorwa mu minsi itatu ndetse n’ikipi ikora isuzuma ikaba yarahawe umubare munini ugereranyije n’abasuzumaga mbere ngo bizatuma ibyo bamurika biba byinshi, bibahe amahirwe yo kwirebera ku buryo bwuzuye ibyo bashyize mu bikorwa bamaze kugeraho nyuma y’imihigo.

Mu mpera z’umwaka mu Rwanda haba isuzuma ry’uko imihigo uturere twahigiye umukuru w’igihugu mu izina ry’abaturage bose yagiye igerwaho. Mu gusuzuma imihigo y’umwaka ushize wa 2013/2014 hajemo impinduka kuko abazasuzuma imihigo babaye benshi, bakazabikora mu gihe kirekire kandi bakazanabaza n’abaturage ubwabo uko babonye imihigo ishyirwa mu bikorwa, uruhare babigizemo n’icyo bibamariye.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke yavuze ko mu karere kabo bamaze guhigura imihigo neza, bakaba bafite byinshi bashobora kwereka abandi birimo ibikorwa-remezo byageze kuri benshi kuko nibura buri murenge wa Nyamasheke uyu mwaka urangiye ugezweho n’amashanyarazi.

Hari kandi imihanda ihuza imirima y’abahinzi nabo ubwabo yamaze gukorwa ndetse na kaburimbo ikaba yaramaze kugera mu karere.

By’umwihariko ngo ibi bikorwa by’imihigo byatumye abaturage basaga ibihumbi 15 babona akazi mu bikorwa-remezo ku buhinzi nk’amaterasi, gutera imirwanyasuri, guhinga icyayi na kawa n’ibindi byinshi ngo byagiye bitanga akazi ku baturage benshi bikaba byarabakuye mu bukene.

Abaturage bataragerwaho barivugira

Umuyobozi w’akarere avuga ko abaturage bagira inyota cyane kandi bagahaguruka bakabaza iyo babonye abandi baturage bari kugerwaho n’ibikorwa by’iterambere bo bitarabageraho.

Ngo muri uyu mwaka ariko abayobozi bihatiye kubasobanurira ko nabo bashonje bahishiwe, kuko ngo gahunda z’iterambere zose ziri mubyo perezida wa repubulika yijeje abaturage batarabona bizabageraho mu gihe cya vuba ku buryo bizageza muri 2017 Nyamasheke igeze kuri byinshi yiyemeje.

Yagize ati “Twizeye ko no mu kuganira n’abaturage bacu bazasubiza ko banyuzwe kuko uyu mwaka twabasobanuriye ibyo twakoze n’ibyo twafatanyije, ndetse tuganira no kubyo tutarageraho ariko biri mu nzira tuzabagezaho uko ubushobozi buzagenda buboneka.”

Akarere ka Nyamasheke kaje ku mwanya wa mbere mu mihigo mu mwaka wa 2010, kuva icyo gihe amanota yakomeje kuzamuka, muri uyu mwaka washize kaje mu cyiciro cya kabiri mu mihigo mu turere twose mu Rwanda. 

FDLR commander was in Rome for 10 days, reports Italian newspaper

$
0
0
FDLR commander was in Rome for 10 days, reports Italian newspaper

Gen Gaston IYAMUREMYE in his bush hideout in the jungles of eastern DR Congo 

The Italian catholic group ‘Community of Sant’Egidio’ secured a tourist visa for FDLR commander Gen Gaston IYAMUREMYE for which he used to stay in Rome for 10 days contrary to information given to UN headquarters by MONUSCO that he did not travel, an investigation has revealed.

On June 24, information leaked from the UN headquarters in New York that the chief of UN peacekeeping Herve Ladsous, a French national had requested the UN Security Council to lift travel ban on the FDLR commander so he could travel to Italy. The top militia leader is known by exact names IYAMUREMYE Gaston but also uses several others inluding Rumuli, ByiringiroVictor Rumuli, Victor Rumuri and Michel Byiringiro.

UN sanctions require that the mission in DR Congo, known as MONUSCO, under Ladsous, does not allow any sanctioned individuals to leave Congo. Rwanda angrily protested against the travel pass.

On the classified travel pass, Ladsous gave Byiringiro or General Iyamuremye permission to travel to Italy. The explanation was that Byiringiro would meet members of Sant’Egidio, which has been the biggest clandestine funding mobiliser for the FDLR for many years. The travel pass was to allow Byiringiro to be in Italy between June 26-27. It was indicated that he would leave his North Kivu bases on June 24.

The meeting day arrived and passed, as information began circulating suggesting other members of the FDLR delegation had travelled to Rome, but not Victor Byiringiro. According to information provided by MONUSCO to the UN Security Council which had refused the travel pass, Victor Byiringiro did not go to Rome.

Now, an Italian newspaper L’INDRO is reporting that Victor Byiringiro was in Rome for 10 days. Gen Victor Byiringiro left Kanyabayonga on June 14 by helicopter to Kinshasa. He travelled to Italy by Ethiopian Airline arriving there via Rome’s Fiumicino airport using a regular tourist visa. While in Rome, he stayed with Sant’Egidio between June 20-30.

According to the investigative paper, Father Matthew Zuppi and Andrea Riccardi, founder of the Sant’Egidio Community began working on the trip in January 2014. They reportedly supported by French Minister of Foreign Affairs Laurent Fabius and Martin Kobler, the MONUSCO chief.

The paper also reports that Iyamuremye manages a huge mafia network dealing in minerals with DRC Pesident Kabila’s brother: Zoe Kabila. The paper reports in detail on how the Rome visit is part of wider strategy by the French government to have the Rwandan government negotiate with FDLR.

Rusizi: Abahoze muri Local defense bacyuye ikivi basimbuzwa umutwe wa DASSO

$
0
0

Abahoze bazwi ku izina rya local defense 538 bacungaga umutekano bo mu karere ka Rusizi bakorewe ibirori byo kubasezerera muri izo nshingano, basubiza ibikoresho byose kandi basabwa gukomeza kuba ijisho ry’igihugu bafatanya n’abaturage kwicungira umutekano aho bazaba bari mu buzima busanzwe.

m_Abahoze muri Local defense bacyuye ikivi basimbuzwa umutwe wa DASSO

 Uyu muhango wo gusezerera abitwaga local defense ukurikiye icyemezo cya leta y’u Rwanda cyo gusesa uwo mutwe ugasimbuzwa undi mutwe mushya witwa DASSO, district administration security support organ uzahabwa inshingano zo gufatanya n’inzego z’ibanze mu gucunga umutekano w’abaturage.

 m_Abahoze muri Local defense bacyuye ikivi basimbuzwa umutwe wa DASSO1

Mu byo aba local defense basabwe, harimo gukomeza gufatanya n’abandi baturage n’inzego za leta mu gucunga umutekano ndetse gusubiza ibikoresho bari bahawe na leta mu gucunga umutekano, birimo umwambaro wabaranganga mu kazi, inkweto za gisirikare amapingu n’ibindi.

Aba 538 bahoze ari local defense nabo bishimiye ko mu gihe bari bakiri mu nshingano zabo babashije kugera ku ntera nziza mu gucunga umutekano, bakaba banijeje abayobozi n’Abanyarwanda bose ko bitarangiriye aha kuko ngo bazakomeza gufatanya muri byose mu kubumbatira umutekano.

Bamwe mu bahoze ari aba local defence bavuzeko n’ubwo basezerewe ngo aka kazi kabagejeje kuri byinshi birimo kumenya uko bitwara muri rubanda nko kurangwa n’ikinyabufura, kubaha ndetse no kwiteza imbere muri duke babonaga aho bacungaga umutekano ibyo kandi ngo bakaba bazakomeza kubigenderaho muri ubu buzima busanzwe basubijwemo.

Uhagarariye polisi y’u Rwanda mu karere ka  Rusizi, Superintendent Sesonga Johnson  yabwiye abahoze ari local defense ko gusubira mu buzima busanzwe bitababuza  gukomeza gufatanya n’inzego za leta mu gucunga umutekano w’igihugu muri rusange, abasaba gukomeza icyo gikorwa kuko ari inshingano ya buri Munyarwanda.

Superintendent Sesonga yabasabye kandi ko batanga igikoresho icyo ari icyo cyose bahawe na leta mubyo bakoreshaga mu kazi.

Aba bahoze ari local defense basabye ko leta yabafasha mu kwiteza imbere mu buzima bagiyemo mu mibereho yo gutangira ubuzima busanzwe, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar atangaza ko akarere kabiteganyije ko hari gahunda zabateganyirijwe zizabafasha gutera imbere bakagera ku mibereho myiza.

Uyu muhango wasojwe hatangwa ibyemezo by’ishimwe kuri aba bahoze ari local defense. Umutwe wa DASSO wasimbuye local defense uzakorera mu gihugu hose, ukazaba ufite inshingano zo gufatanya n’inzego zibanze mu gucunga umutekano.

 m_Abahoze muri Local defense bacyuye ikivi basimbuzwa umutwe wa DASSO2

Abazemererwa gukorera muru DASSO nngo ni Abanyarwanda bafite byibura amashuri 3 yisumbuye, imyaka hagati ya 18 na 35, ubupfura n’ubunyangamugayo n’ibindi bizarebwa n’inzego z’umutekano nko kuba babashije kandi bafite ubuzima bwiza.

Ngo mu karere ka Rusizi honyine bazakenera abagera kuri 300 bazinjira mu mutwe wa DASSO. Kuri ubu hari guhugurwa icyiciro cya mbere kigizwe n’abantu 80 bazinjizwa muri DASSO mu minsi iri imbere.

 

Rwanda, Equatorial Guinea ink bilateral cooperation agreement

$
0
0
Presidents Paul Kagame and Teodoro Obiang Nguema Mbasogo addressing a joint press conference in Kigali

Presidents Paul Kagame and Teodoro Obiang Nguema Mbasogo addressing a joint press conference in Kigali

 President Paul Kagame and his counterpart Equatorial Guinea President Teodoro Obiang Nguema Mbasogo witnessed the signing of a bilateral cooperation agreement at Urugwiro village in Kigali this morning.

The agreement that was signed by the respective Ministers of Foreign Affairs marks the beginning of extensive bilateral ties between the two countries.

The Equatorial Guinea President is in the country on a two day visit which commenced yesterday on July 14, 2014.

After the signing of the agreement, the two presidents welcomed the excellent relations of friendship and brotherhood existing between the governments and peoples of Rwanda and Equatorial Guinea.

The Heads of State the two foreign ministers for initiating a cooperation framework that strengthens existing relations by signing a general cooperation agreement.

Rwanda, Equatorial Guinea ink bilateral cooperation agreement2

The Minister of Foreign Affairs of Equatorial Guinea, Agapito Mba Mokuy and the Minister of Foreign Affairs of Rwanda, Louise Mushikiwabo signed a General Cooperation Agreement

 The agreement particularly focuses on the areas of governance, air transport, trade exchanges and investment promotion, tourism and immigration, Agro Industry, ICT and health. Other areas are defense and Security, energy and housing policy.

According to a communiqué issued by the office of the President, the presidents also discussed o multilateral matters and expressed their concern on the security and humanitarian situation in the Central African Republic and pledged to intensify their joint efforts towards a lasting solution.

In this context, they acknowledged the need for African solidarity, South-South cooperation and search of African solutions to African problems.

At a press conference to conclude president Obiang’s visit, journalists asked president Kagame, what he had done right to be able to stir Rwanda to where it is.

In his response, President Kagame said that what his government concentrated on after the 1994 Genocide was to correct the bad history through changing the politics.

We put the well being of Rwandans ahead and made sure there is accountability and raising everyone’s stake in our development.We need to make progress on the development that matters to our people.”said President Kagame in response.

Sharing his impression of Rwanda President Obiang Nguema pointed to Rwanda’s reconciliation as a key lesson.

“We have witnessed a united people working together towards a common vision of peace and prosperity. We admire the journey you have made in achieving progress and reconciliation despite your dark past. Your determination to bring peace to your nation is an example as we strive to build a conflict free Africa,” said President Obiang.

Kagame leads a Rwanda reborn 20 years after world’s worst genocide

$
0
0

Kagame leads a Rwanda reborn 20 years after world’s worst genocide

A stinging mist blows east on the rolling hills of Northern Rwanda, overlooking beautiful green tea plantations. Florence Iribagiza, 39, a Rwandan businesswoman in the rural Rwanda, endures the biting cold on her way to open her shop for early customers.

Iribagiza is a typical breed of a new Rwandan, zealous, focused, hardworking and determined. She is a brand of a renewed Rwanda, a country that was once close to extinction. On July 4, 1994, a handful of hunger stricken, but well organized group of rebels, the Rwanda Patriotic Army (RPA), matched into Rwanda’s capital, Kigali, toppled the genocidal government and captured power. For Rwandans, history had been written.

More than a million Tutsis would be slaughtered in just 100 days, the worst genocide in human history. Rwanda’s current President Paul Kagame, who was the rebel commander, persevered and fought hard to stop the killings. “RPA did not have the luxury to be afraid,” Kagame told journalists in a press conference on Monday July 1, 2014, ahead of the liberation day that was due on July 4. “We were strengthened by the validity of our cause,” he said.

Twenty years down the road, Rwandans matched at the country’s largest Stadium, Amahoro in the capital Kigali, to celebrate the victory. There were elaborate displays at nationwide events. The mood was that of an excited nation. This triumph saved the country back in the 90s from a shuttered socioeconomic fabric and a dysfunctional state. Millions of hopeless people with wounded hearts have now healed and managed to build an African success story, a model of prosperity and progress.

“Rwandans stand together today as a people united, liberated and focused as never before…,” Kagame said to tens of thousands in the stadium and millions watching or listening on the state broadcaster from Rwanda and across the world as the event was streamed online.

“On the 4th of July in 1994, the darkest part of history was brought to a close and life could begin anew,” added Kagame.

“To those who left to fight, many never came home”, Kagame said. “To those who dedicated themselves to grassroots education on the struggle and those who supported the course with whatever resources they had…today we remember all of them in a spirit of gratitude.”

The broke country, Rwanda

Iribagiza, a genocide survivor, lived close to President Kagame’s bunker at Mulindi, in Gicumbi District, about an hour’s drive north of Kigali. At Mulindi was RPA’s military operations design house. It also meant the most targeted spot by enemies, the former President Juvenal Habyariman’s genocide militias.

“We were terrified,” Iribagiza says. “We knew we were going to die.” Afraid of relentless bombing on the hill, Iribagiza and a dozen of other residents ran for their dear life and abandoned the hideout. But all that is history.

She survived and now a determined business woman in her village, earning about ten US dollars a day, where more than five million Rwandan, half of the population, live under a dollar per day. For her, that is the actual ‘liberation’. Iribagiza’s story is synonymous to that of millions of Rwandans.

Faced with acute demands, ranging from healthcare, food, shelter, clean water, schools, roads, and a terrifying number of unprosecuted genocide perpetrators that were anguishing in rudimentary prisons, the government at the time was under immense pressure. There central bank had been looted to zero funds. RPA was forced to withdraw the few savings of contributions they had collected from supporters around the world.

“There was no budget at all,” says Ambassador Clever Gatete, Rwanda’s Finance Minister, who appeared on a public Television show on Sunday, a day before President Kagame’s press conference. In 1996, for example, the Minister said, Rwanda’s budget was a just Rfw12 billion, which could not finance the pressing needs.

Rwanda can eradicate poverty in 2033

In 1998, the budget grew to Rfw38billion. But the circumstances were worse. Rwanda could only raise 30 percent of the budget. The remaining 70 percent would come from humanitarian assistance and foreign aid assistance.

Today, Rwanda’s budget has exponentially grown to several hundred percentage points; Rfw1.8 trillion ($1.7bn). Now the country is able to domestically raise 62 percent of the budget with an average 8 percent economic growth over the last ten years. Primary school enrolment is more than 90 percent.

Between 2007-2012, World Bank and UN figures show that poverty dropped by up to 15% – removing up to 1.2million Rwandans from extreme poverty. The percentage of poor is currently down to 45%, from more than 60 just a few years before.

A major study released by Oxford University in March 2013 concluded that if Rwanda keeps the current pace in tackling poverty, it will be a thing of the past by 2033.

The study covering 22 countries said Rwanda showed the biggest improvement in sanitation and water. Rwanda also achieved significant reductions in both the scale and intensity of “multidimensional poverty” in every one of its five provinces.

A government computer project, the one laptop per child project, has distributed about 370.000 subsidized internet-connected laptops to primary school pupils around the country. The Presidential prestigious scholarship program has given hundreds of scholarships to young Rwandans to study engineering, science and technology in elite universities in the USA as part of the program to invest in skills.

More than 98 percent of Rwandans have health insurance. The military has launched a project to construct about 500 medical centers around the country boosting access health coverage. Dozens are already finished. “We no longer walk long distances to get to the hospital,” says Iribagiza. “We have a hospital in our community,” she says with a glowing face and adds that “a secondary school has been constructed close to us and we have access to electricity.”

As the country cheered up for the Liberation Day celebration, the Chief of the Defense Staff, Lt. General Patrick Nyamvumba, Rwanda’s army chief who commanded the UN Peacekeepers in Sudan, flew a helicopter last week with journalists touring over the country. He told journalists that twenty years down the road, “RPA’s mission had been achieved,” but “the struggle continues.”

Indeed, the military enjoys rooftop ratings. Sebastian Teregana, a neighbor to Irabigaza, “We ran whenever we saw a soldier in during Habyariman’s regime,” he says. “It is a different story now, we meet and chat.” In President Kagame’s definition, liberation “means a system that allows people to do that”.

World stands with Rwanda

Nonetheless, years later, former US president Bill Clinton, who has enormously supported different projects in the health sector, and a regular visitor to Rwanda, has been a supporter and friend to President Kagame. Clinton was in the White House when the genocide was happening in Rwanda. He would later make a public apology for not acting to stop the bloodshed.

Speaking to the nation, President Kagame at the national event in Kigali said despite the gains the country has tirelessly made, a lot more remains. He said: “We still have a long way to go, but Rwanda has been able to come this far because we owned up. We can get the future we want if we all hold each other accountable for it.”

The colourful event was attended by East African Heads of States; President Yoweri Kaguta Museveni of Uganda, Uhuru Kenyatta of Kenya; President Salva Kiir of South Sudan and Burundi first Vice President Prosper Bazombanza.

Kenyan President Uhuru Kenyata who is the chairperson of the East African Community said that the regional block and Kenyans stand with Rwandans in commemorating Liberation but also stand with them in resisting anything that can sabotage their development.

“20 years ago today, our sorrow, our respect for your recovery are immeasurable,” he said. President Kenyatta regretted that the region could have done more to help save Rwanda from evil. Kenyatta also praised Rwanda for recovering tremendously.

“Rwanda has advanced mightily,” he said.“You have restored order, rule of Justice, peace and reconciliation. Your example of reconciliation inspires us all.”

Source: KTPress

Viewing all 3624 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>