Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 3624 articles
Browse latest View live

Udafite ikinyabupfura ntacyo wageraho – Zaraduhaye Joseph

$
0
0

Udafite ikinyabupfura ntacyo wageraho - Zaraduhaye Joseph

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere,  Zaraduhaye Joseph, arasaba abanyeshuri bo muri ako karere barangije amashuri yisumbuye kurangwa n’ikinyabupfura kugira ngo bazagere ku ntego biyemeje.

Zaraduhaye avuga ko ikinyabupfura ari ingenzi mu byo umuntu akora byose. Nk’urubyiruko rwo mbaraga z’u Rwanda, abo banyeshuri ngo bagomba kurangwa n’ikinyabupfura kugira ngo bazateze u Rwanda mbere.

Agira ati “mubyo ukora byose, wiga, wagira intego ugashaka no kuyigera ho, nta murongo w’ikinybupfura ufite zeru…ibi turimo kuvuga by’indangagaciro na kirazira n’urugerero ikizabidushoboza ni ikinyabupfura.”

“Nujya no gushaka ibindi uzageraho byose, utavuze ngo hari ibyo ndatinya gukora, hari ibyo ndubaha, hari igihe ndabikorera, utihaye uwo murongo wo kumva ko mu by’ukuri ufite amahame ugomba kubaha, agufasha kugira ngo ugeze kuri ya ntego, udafite ikinyabufpura ntacyo wagera ho”.

Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije amashuri yisumbuye, bashoje itorero bari bamazemo ibyumweru bibiri tariki 17/12/2012. Ubwo barisozaga basabwe kurangwa n’indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere yababwiye ko kandi bagomba kuzarangwa n’uburere bwiza byiyongera ku bumenyi bakuye mu ishuri kugira ngo bazabashe gutegura ejo hazaza habo neza.

Yakomeje kandi abasaba kuzitabira urugerero bazajyamo mu mwaka wa 2013 bakamara amezi atatu bakorera ubushake ibikorwa byo guteza imbere u Rwanda.

Abo banyeshuri kandi basabwe kwirinda ibiyobyabwenge ndetse n’ubusambanyi kuko ntacyo byazabagezaho uretse kurangwa n’imico mibi gusa.

Zaraduhaye yongeyeho ababwira ko kujya ku rugerero ari nko “gutegura ijuru” kuko ibyo bikorwa byose byiza bazakora bakorera ubushake bizatuma babona imigisha ku Mana kuko igihembo cy’umuntu ukora neza ari ijuru naho icy’ukora nabi akaba ari urupfu.

 

 

 

 


Intore nizo mbarutso zo gukemura ibibazo by’u Rwanda

$
0
0

Intore nizo mbarutso zo gukemura ibibazo by’u Rwanda

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere avuga ko intore arizo mbarutso zo gushaka ibisubizo by’ibibazo by’u Rwanda kuko arizo musingi w’indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.

Zaraduhaye Joseph yabwiye abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije itorero tariki ya 17/12/2012 ko aribo mbaraga z’u Rwanda akaba ariyo mpamvu bagomba kurukorera kugira ngo baruteze imbere.

Agira ati “Ninde mbarutso yo gukemura ibyo bibazo? Nta wundi ni intore. Niyo mpamvu navuga ngo intore ntiganya (ishaka ibisubizo)…”

Mu gihe kingana n’ibyumweru bibi izo ntore zamaze muri iryo torero zaremeye abatishoboye bane bakomoka mu murenge wa Kinoni, mu karere ka Burera. Muri abo baremewe, babiri bagabiwe ihene, undi agabirwa intama naho umunyeshuri utishoboye yahawe amafaranga yo kugura ibikoresho by’ishuri.

Zaraduheye yababwiye ko ibikorwa nk’ibyo byo kwishaka mo ibisubizo aribyo u Rwanda rukeneye kuko ruri guharanira kwigira. Yakomeje ababwira ko ibyo bikorwa bakoze noneho bakabikorera mu midugudu yabo.

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere yababwiye ko kandi bagomba kuzarangwa n’uburere bwiza n’ikinyabupfura byiyongera ku bumenyi bakuye mu ishuri kugira ngo bazabashe gutegura ejo hazaza habo neza.

Yakomeje kandi abasaba kuzitabira urugerero bazajya mo mu mwaka wa 2013 bakamara amezi atatu bakorera ubushake ibikorwa byo guteza imbere u Rwanda.

Abo banyeshuri kandi basabwe kwirinda ibiyobyabwenge ndetse n’ubusambanyi kuko ntacyo byazabageza ho uretse kurangwa n’imico mibi gusa.

Zaraduheye yababwiye ko kandi kujya ku rugerero ari nko “gutegura ijuru” kuko ibyo bikorwa byose byiza bazakora bakorera ubushake bizatuma babona imigisha ku Mana kuko igihembo cy’umuntu ukora neza ari Ijuru naho icy’ukora nabi akaba ari urupfu.

 

 

 

Nyamagabe: Abagore n’urubyiruko barasabwa uruhare mu migendekere myiza y’amatora y’abadepite ateganijwe muri 2013.

$
0
0

Kuri uyu wa gatatu taliki 19/12/2012 komisiyo y’igihugu y’amatora yahuguye abavuga rikumvikana (Opinion Leaders) bagera kuri 258 mu bagore n’urubyiruko hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Nyamagabe, ku migendekere myiza y’amatora y’abadepite ndetse n’uruhare basabwa kugira ngo azarusheho kugenda neza.

Komisiyo y’igihugu y’amatora ngo irashaka ko abantu batangira kwiyibutsa ibyo basabwa mu migendekere myiza y’amatora ndetse ikaba inashaka gufasha abafite icyifuzo cyo kuziyamamaza kubyitegura hakiri kare.

Irambona Liberata uhuza ibikorwa by’amatora mu ntara n’umujyi wa Kigali avuga ko abahawe izi nyigisho bafite uruhare runini mu migendekere myiza y’amatora, ndetse bagasabwa no kuba intumwa ku bandi baturage muri rusange kugira ngo amatora y’abagize inteko ishingamategeko umutwe w’abadepite azarusheho kugenda neza.

Irambona yagize ati: “Icyo tubasaba ni ukugira ngo badufashe kugira ngo umunyarwanda atangire kumva  ko hari amatora y’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite umwaka utaha. Ikindi cya kabiri atangire gutekereza ati ese bya byangombwa nkoresha igihe njya kwiyandikisha kuri lisiti y’itora, igihe njya gutora naba nkibifite?”

Umuhuzabikorwa wa Komisiyo y’igihugu y’amatora mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, Kateete Enock agaragaza amahugurwa nk’intwaro iyi komisiyo yifashisha mu mikorere yayo irimo no kwigisha uburere mboneragihugu, akavuga ko ibyiciro bitandukanye bizakomeza guhabwa ubu butumwa mu bihe no mu buryo butandukanye.

Abagore n’urubyiruko bihariye cyane igice kinini cy’abanyarwanda bakaba banagira uruhare runini mu gutuma amatora y’abadepite ateganijwe mu mwaka utaha wa 2013 agenda neza.

Amahugurwa nk’aya kandi yahawe komite z’ababana n’ubumuga ku nzego zitandukanye mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa kabiri tariki ya 18/12/2012.

 

 

 

MONUSCO yemeza ko hari abarwanyi ba FDLR bavuye Zambia bajya Kivu y’Amajyaruguru

$
0
0

Untitled10

Tumwe m’uduce tukorerwamo na FDLRn’imitwe yitwaza intwaro muri Congo

Raporo y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ushinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) yasohotse taliki 17/12/2012 ivuga ko hari amakuru ahamya ko hari abarwanyi ba FDLR bavuye Zambia bakaza muri Congo ndetse hakaba haragaragaye indege ebyiri zaguye mu duce FDLR ikoreramo zitari iz’umuryango w’abibumbye.

 

Abakozi ba MONUSCO bavuga ko abarwanyi bagera ku 4000 ba FDLR bavuye Zambia bari ahitwa Kazibake ku birometero 28 ahari ikigo cyitwa Bashali Mokotoi Lukwti. Aba barwanyi ngo baje taliki 13/12/2012 mu ndege ebyiri z’umweru za kajugujugu kandi zidafite ikirango cy’umuryango w’abibumbye.

Izo ndege kandi ngo zari zizanye ibikoresho ndetse n’umuyobozi mushya wa FDLR, Bakota, yaje avuye muri Congo Brazaville aje kwifatanya na FDLR. Biravugwa ko FDLR ifite abarwanyi bagera ku 6000 kuko hari abandi yinjije mu gisirikare cyaho vuba basanga ibindi 2000 byari bihasanzwe.

Raporo ya MONUSCO ivuga ko uduce FDLR yiganjemo cyane ari udece twa Nyange, Kitso na Bibwe ndetse ikaba ariyo ihayobora.

 

 

 

Perezida Museveni yaje kwifatanya n’Abanyarwanda kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ya FPR

$
0
0

Untitled11

Umukuru w’igihugu cya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yageze mu Rwanda ku mugoroba wa taliki 19/12/2012 aje kwifatanya n’Abanyarwanda kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 ya FPR yizihizwa tariki 20/12/2012.

 

Akigera mu Rwanda, Perezida Museveni yatangaje ko ashima umuryango wa FPR ibyo umaze kugeza ku Banyarwanda nyuma ya Janoside. Ashimira umurongo FPR yihaye wo kubaka abanyagihugu uhereye mu kubateza imbere bava mu bukene no kubahuriza mu bumwe.

Perezida Museveni avuga ko imibanire y’Abanyarwanda n’Abanya Uganda ari myiza kandi ashima ibikorwa Abanya-Ugaganda bakora mu Rwanda kimwe na Sudani kuko bitanga imibereho myiza ku babikora n’ababikorerwa kimwe no kongera imibanire y’abanyabihugu.

Perezida Museveni avuga ko u Rwanda rutandukanye n’urwa mbere. Ubuyobozi buriho ubu buhamagarira Abanyarwanda gutaha no kwiyubakira igihugu cyabo mu gihe abayobozi ba mbere bavugaga ko ari ruto Abanyarwanda batabona aho bajya bakabacira ishyanga.

Yagize ati “nageze mu Rwanda bwa mbere abayobozi bavuga ko u Rwanda ari ruto Abanyarwanda bari hanze batabona aho bajya, nyamara ndabona ubu barurimo kandi barufasha gutera imbere.”

Perezida Museveni kandi yashimye ko FPR yahagaritse Jenoside ndetse igateza imbere uburezi kuri bose. Yashimye kandi ko FPR yashoboye kongera amajayambere n’imibereho y’abatuye igihugu haba mu buzima, imibanire n’imibereho hamwe no kongera ubukungu n’agaciro k’abanyagihugu.

Umuryango wa FPR wagize uruhare rugaragara mu kubaka u Rwanda no kurugarurira isura yari yarangijwe n’irondamoko n’ivangura; ukaba warabigezeho nyuma y’intambara y’imyaka 4 yo kubohora igihugu 1990-1994 ariko mbere y’intambara habanje indi myaka 3 yo kubaka umuryango no gutegura urugamba 1987.

 

 

 

Rutsiro: barategura igenamigambi ry’imyaka itanu mu gihe ibyakozwe byagezweho 80%

$
0
0

Untitled16

Bamwe mubitabiriye igenamigambi ry’akarere ka Rutsiro

Abashinzwe iterambere ry’akarere barimo n’abafatanyabikorwa, abayobozi b’akarere n’imirenge bo mu karere ka Rutsiro barimo kurebera hamwe ibizashyirwa mu igenamigambi ry’imyaka itanu y’akarere kugira ngo bizagafashe gutera imbere no gufasha abagatuye kwivana mubukene.

Nkuko twabitangarijwe n’umuyobozi w’akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe ubukungu Nsanzimfura Jean Damascene ubwo yatangizaga iki gikorwa mu karere ka Rubavu, ngo ibyo bashyize imbere nibizihutisha iterabere n’imibereho y’abaturage, aho yagaragaje ko ibikorwa remezo biri mubizitabwaho kugira ngo iterambere ryihute mu karere haba mu guhanga imirimo mishya no gutunganya imiturire.

Nsanzimfura avuga ko imiturire mu midugudu y’akarere ka Rutsiro igeze kuri 66% ariko bifuza ko 2015 byaba bimaze kugera ku ntambwe ishimishije, gutura mu midugudu bikazatuma haronderezwa ubutaka bwo gukoreraho, koroshya uburyo bwo kugeza ibikorwa by’amajyambere kubaturage nk’amashanyarazi, amazi meza hamwe n’amashuri n’amavuriro.

Untitled17

Bamwe bitabiriye kwiga igenamigambi ry’akarere ka Rutsiro

Abajijwe icyo igenemigambi ry’imyaka itanu ryabasigiye, Nsanzimfura avuga ko ibyari byarategenyijwe byagezweho kugera kuri 80%, ibitaragezweho ngo byatewe n’abafatanyabikorwa batubahirije ibyo bemeye hamwe na ba rwiyemezamirimo bakoze ibikorwa nabi, cyakora atanga icyizere ko hari ivugururwa mu mikorere kuko ibyakozwe bizafasha kwihutisha ibiri gutegurwa.

Nsanzimfura avuga ko hari n’ingamba zafashwe mu kongera ibikoranire n’abafatanyabikorwa aho bagira imihigo kandi bagakurikiranwa kugira ngo batadindiza ibyo bateganyije ikindi n uko hari itegeko rivuga ko barwiyemezamirimo bagomba gukora ibikorwa birambye nibura kugera ku myaka 10 biryo abatazajya babikora bakaba bakurikiranwa.

Bimwe mubikorwa bitegurwa biri m’ubukungu, imiyoborere myiza, imibereho myiza n’ubutabera kandi izo nzego zoze zicyeneye kuzuzanya kuburyo mbere yo kwicara bategura igenamigambi ry’imyaka itanu habanje igikorwa cyo gusura imirenge yose harebwa ibyakozwe kugira ngo hategurwa ibizakorwa mu myaka itanu iri imbere.

 

 

 

U Rwanda rwateguye ubufasha bwihuse ku mpunzi z’Abanyecongo

$
0
0

Untitled18

umunyamabanga wa Leta muri MIDIMAR, Antoine Ruvebana

Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yashyizeho ubufasha bwihuse mu kwakira impunzi z’Abanyecongo bahungira mu Rwanda banyuze ku mupaka wa Rubavu.

Bimwe mu bigiye gukorwa ni ugushyiraho ibiro byakira impunzi, guhabwa icyo kunywa no gushyiraho aho kugama kuko banyagirwa; nk’uko bisobanurwa n’umunyamabanga wa Leta muri MIDIMAR, Antoine Ruvebana.

Abahunga biganjemo abavuga Ikinyarwanda bavuga ko bahohoterwa n’ingabo za Congo n’umutwe wa Nyatura.

Kuva taliki 16/12/2012, inkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu imaze kwakira impunzi 400 kandi zikomeje kwiyongera. Taliki 19/12/2012 ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Congo i Rubavu hageze impunzi zigera kuri 60.

Kubera ubwinshi bw’impunzi ziri kwiyongera inkambi ya Nkamira yongeye gukoreshwa.

 

 

 

Gatsibo: Barasabwa gukaza umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru

$
0
0

Untitled19

Muri iki gihe twegereje iminsi mikuru isoza umwaka wa 2012, inzego zishinzwe umuteka mu karere ka Gatsibo zirasabwa kurushaho gucunga umutekano mu rwego rwo kwirinda urugomo ruterwa n’ibiyobyabwenge.

Ibi ni ibyatangajwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Gatsibo yabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 ukuboza,2012 mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Gatsibo.

Uhagarariye Polisi mu Karere Spdt Kibamba avuga ko muri rusange umutekano w’Akarere uhagaze neza nubwo hatabuze bimbwe bitagenze neza nkaho abantu bagera kuri 4 barohamye mu kiyaga cya Muhazi, bane bakaba bariyahuye muri uyu mwaka ushize n’abandi 4 bazize impanuka z’imodoka bose hamwe bakaba ari 12.

Yakomeje abwira abitabiriye inama ko uretse, ibyo hanabonetse n’icyaha gikunze kugaragara kandi akaba arinacyo gifite umubare munini cyo gukoresha ibiyobyabwenjye, yagize ati”nubwo twafashe ibyaha 10 gusa muri uyu mwaka ibyo tudafata nibyo byinshi, kandi akaba ari cyo cyaha giteza gukora ibindi byose”.

Major RUSAGARA Damien uhagarariye Ingabo mu karere ka Gatsibo we yagarutse ku minsi mikuru yegereje ashishikariza inzego z’umutekano zose mu Karere ko zigomba guhora ziri maso ziteguye nta kudamarara.

Inama yarangiye hafashwe ingamba ko guhera mu Midugudu, Utugari, Imirenge kugeza ku rwego rw’akarere hajya hatangwa amakuru ku gihe, aho babonye kanyanga n’urumogi nk’ibiyobyabwenjye biza ku isonga mu gutuma abantu bakora urugomo.`

Iyi nama yari yitabiriwe n’abakuru b’ingabo na polisi ku rwego rw’Akarere, abanyamabanga nshingwabikorwa ku rwego rw’utugari n’Imirenge, ikaba yari iyobowe na Isaie Habarurema, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu.

 

 

 


Burera: Youth called to fight drug use

$
0
0

Youth called to fight drug use

The vice-mayor for economic affairs in Burera district, Joseph Zaraduhaye has advised youth to protect themselves from drugs.

Youth especially in secondary schools abuse drugs such as marijuana, gin and others to be able to do things they fear to tackle normally as they reveal.

Vice-mayor Zaraduhaye says “Youth use drugs to be fearless and commit crimes. We can use that confidence to build our nation instead of becoming a burden to our society and families.”

During the closing ceremony of the two weeks civic education program, secondary school leavers in Burera district were asked to be the bearers of Rwandan values and norms.

The district vice mayor called upon youth to add good discipline to the knowledge so as to prepare a brighter future.

He asked them to continue and participate in the three months voluntary work directed at the development of the country due to take place in 2013.

Zaraduhaye added that attending the volunteer activities is like working for heaven since it’s the Almighty God to bless the good people with heaven and hell to the bad people.

 

 

 

2012: Rwanda attracted $1.1billion in investments

$
0
0

m_Rwanda attracted $1

As investment has expanded, so has the skyline in Kigali as real estate projects spring up everywhere to cater for the arriving businesses

Total investments for 2012 reached a record worth of US$1.1billion – a major indication the rigorous investment reforms are paying off, the Rwanda Development Board said Friday.

Last year, the combined investments portfolio was $835m – meaning there was a 31.7 percent rise in the amount of capital being pumped into the national economy in the 12 months of this year compared to the previous year.

Company Registration has also reached a record level in 2012 with 9031 companies registered as of Dec. 19th, an increase of 42% from 2011, RBB said on its Twitter account on December 21.

“This represents about 35 companies registered each working day, compared to 24 in 2011, and only 2 companies per day 10 years ago,” added the agency.

Over the past decade, Rwanda has embarked on a vigorous reform exercise to clean up its bureaucracy. The annual World Bank doing business rankings have put Rwanda among the most reformed economies globally. On the African continent, only three economies are competing with Rwanda.

After Rwanda simplified formalities for business registration in 2006, 77% more firms registered in the following year. In 2008 more than 3,000 firms registered, up from an average of 700 in previous years. In 2009 the number rose to 6,905. And in 2010 the government managed to register 18,447 new businesses—nearly achieving its goal of registering 20,000 that year.

Rwanda’s consistent reforms to make trade easier improved the productivity of customs officials, who increased the number of documents they cleared annually by 39% between 2006 and 2009, says the Doing Business report released recently. And according to the Ministry of Trade and Industry, Rwanda’s exports rose from $147 million in 2006 to $193 million in 2009.

And as more businesses open shop, so do the incomes change for employers and those who work for them. The changes have influenced Government to change its predictions for 2020. Most notably, it raised the income per capita target from $900 to $3,500.

The World Bank says this brings the target into line with levels in middle-income economies today and reflects Rwanda’s recent growth, which increased income per capita to around $570 in 2011.

 

Rwanda, China sign $19M development agreements

$
0
0
Rwanda, China sign $19M development agreements

Minister Mushyikiwabo and
Ambassador Zhan (File Photo)

The Government of Rwanda and the People’s Republic of China have signed three interest free agreements worth Yuan 120 million ($19 million).

The agreements were signed by the Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Hon. Louise Mushikiwabo and the Chinese Ambassador to Rwanda, Shu Zhan.

The loans come in addition to two grants with the same value, of Yuan 50 ($ 16 million).

After the signing on Friday afternoon, minister Mushikiwabo reiterated the commitment of maintaining and promoting relations and cooperation between Rwanda and China and saluted the agreements signed.

“The signing of the mentioned Agreements is very significant for Rwanda. It is consistent with the Government’s effort to develop our country and substantially change the livelihood of our entire population,” said adding that it confirms “our determination to move forward on all aspects of serious economic development of our country.”

Speaking in Kigali, Ambassador SHU Zhan said that China will continue to further relations between the two countries.

He said that the three agreements reflect China’s continued strong relationship with Rwanda for technical cooperation.

Since 2000, China has been extending its assistance and conducting cooperation activities with African countries through the Forum on China-Africa Cooperation (FOCAC) framework.

Under FOCAC, the Chinese Government committed to establishing and developing a new type of China-Africa strategic partnership featuring political equality and mutual trust, economic win-win cooperation and cultural exchange by starting from fundamental interest of Chinese and African people.

Through FOCAC, China has granted to Rwanda a significant number of turn-key projects, especially in the areas of Health, Agriculture, Education and Infrastructure.

 

Nyabihu: Abaturage n’abayobozi barasabwa gufatanya mu kwicungira umutekano no kwirinda ibihuha

$
0
0
Abayobozi basabwe gufatanya n’abaturage mu bikorwa byo kwicungira umutekano no kwirinda ibihuha

Abayobozi basabwe gufatanya n’abaturage mu bikorwa byo kwicungira umutekano no kwirinda ibihuha

Mu karere ka Nyabihu,abayobozi mu nzego zose barasabwa gukangurira abaturage kwicungira umutekano no kwirinda ibihuha. Ibi bikaba byaragarutsweho mu nama y’umutekano yabaye kuri uyu wa 18 ukuboza 2012, aho umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu muri aka karere Mukaminani Angela,yabikanguriye abayitabiriye bose.

Angela,avuga ko akarere ka Nyabihu gaturanye n’uturere dukunze kugaragaramo ibibazo by’abashaka guhungabanya umutekano. Iyi akaba ariyo mpamvu mu nama y’umutekano,hatumiwemo n’abayobozi b’utugari kugira ngo bigire hamwe uburyo bashishikariza abaturage kwicungira umutekano no kwirinda ibihuha.

Uyu muyobozi yongeraho ko abaturage bafite uruhare runini mu kubungabunga umutekano,ari nayo mpamvu bakwiye kugirwa nyambere,bagashishikarizwa icyo gikorwa. Abayobozi mu nzego zitandukanye kandi bakaba barasabwe kujya batanga amakuru y’ukuri ku baturage,kugira ngo bakumire ibihuha byose,yongeyeho ko iyo ubuyobozi butegereye abaturage,umwanzi ashobora kubegera akababwira amakuru atariyo.

Uretse ikibazo cy’umutekano ugomba gucungwa neza,hasuzumwe n’uburyo ibikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri ku burezi bw’imyaka 12 birimo gukorwa  kugira ngo ibyumba by’amashuri bizarangire vuba ,ku buryo umwaka ugiye gutangira abanyeshuri bazatangira babyigiramo nta kibazo. Hizwe kandi uko ikibazo cyiri mu karere ka Nyabihu cyo kwitabira ubwishingizi mu kwivuza cyakemurwa ku buryo akarere ka Nyabihu kava ku mwanya wa nyuma kariho mu gihugu .

Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere Mukaminani Angela,akaba yarasabye ubuyobozi mu nzego zitandukanye,gukora uko bashoboye kose,bose bafatanije, ku buryo ibyizweho byashyirwa mu bikorwa,bityo akarere ka Nyabihu kakagumya gutera imbere,buri wese abigizemo uruhare.

 

 

NYAGATARE: HABEREYE AMAHUGURWA Y’ABAFITE UBUMUGA

$
0
0
Mu karere ka Nyagatare abafite ubumuga barakangurirwa kwibuka uruhare rwabo mu gushimangira democarasi n’imiyoborere myiza binyuze mu matora.

Mu karere ka Nyagatare abafite ubumuga barakangurirwa kwibuka uruhare rwabo mu gushimangira democarasi n’imiyoborere myiza binyuze mu matora.

Ibi ni ibyagarutsweho mu mahugurwa y’umunsi 1 ku burere  mboneragihugu  bateguriwe  na  komisiyo y’amatora  mu Rwanda.

Mugire Christophe ushinzwe ibikorwa by’amatora mu turere twa Nyagatere na Gatsibo, yabasabye ko uretse inyigisho bahawe bagomba no gushyiraho akabo mu gukangurira bagenzi babo kwitabira ibikorwa by’amatora.

Ni amahugurwa y’umunsi umwe yahabwaga abafite ubumuga bahagarariye abandi ku rwego rw’akarere ndetse n’imirenge yose igize akarere ka Nyagatare , aho bahawe ibisobanuro bihagije kuri democarasi ndetse n’isano iri hagati yayo n’imiyoborere myiza.

Banagaragarijwe bimwe mu biranga igihugu gifite demokarasi nk’imiyoborere inogeye abaturage, indangagaciro na kirazira by’umuco mwiza byubahirizwa, ubuyobozi bwite ku bikorwa bifite agaciro rusange by’abenegihugu na buri muturage ntaniganwe ijambo.

Bamwe mu bitabiriye aya mahugurwa batangaza ko bayungukiyemo byinshi birimo uburyo amatora akorwa bakaba banitegura kujya kubyigisha abavandimwe ndetse n’abaturanyi babo.

Habimana Jean Damascene ukomoka mu murenge wa Mimuli avugako ashingiye kumahugurwa yahawe, akeka ko azatanga umusanzu mumatora ayariyo yose.

Ntakirutimana Esther wo mu murenge wa Musheri we nyuma y’aya mahugurwa abona bitagarukiye aho ahubwo ngo inzego z’abafite ubumuga zikwiye kugezwa no ku rwego rw’umudugudu ngo kuko ubu zigarukira mutugari gusa,  iyo ikaba imbogamizi ya bamwe mu buryo bwo kugera kuri bagenzi babo bo mumidugudu  igiye ibari kure.

Mugire Christophe Ushinzwe ibikorwa by’amatora n’uburere mboneragihugu mu turere twa Nyagatare na Gatsibo, nawe avuga ko byumvikana ko harabo kugera kure bigora, hagendewe ku bumuga  bafite , gusa akabasaba ko ubu butumwa bahabwa bagerageza bakabutanga bahereye kubabegereye ndetse nabo bahura nabo buri munsi.

Mugire Christophe avuga kandi ko ubu butumwa bahawe abugereranya n’impamba ikomeye ikubiye mu ngingo 6 zirimo kugira imyumvire myiza, imikorere inoze iganisha ku iterambere, no kurinda ubusugire bw’igihugu.

Twababwira ko aya mahugurwa abera mu gihugu hose gusa mu karere ka Nyagatare akaba yitabiriwe n’abagera kuri 45 bahahagarariye abandi mu nzego z’abafite ubumuga ku rwego rw’akarere n’imirenge yose igize akarere ka Nyagatare.

 

 

 

Gicumbi : Impunzi za Gihembe zirasaba ko abana babo bakwandikwa mu bitabo byiranga mimerere

$
0
0
Abadepite basuye inkambi ya Gihembe

Abadepite basuye inkambi ya Gihembe

Mu ruzinduko abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage y’u Rwanda  bagiriye mu nkambi ya Gihembe iri mu karere ka Gicumbi, kuwa 19/12/2012,   basanze izo mpunzi zifite ikibazo cy’uko abana babo batandikwa mu bitabo by’irangamimerere.

Mu bibazo bagaragarijwe n’ubuyobozi bw’inkambi harimo kuba abana benshi bavuka batandikwa mu bitabo by’irangamimerere, bityo no kubona ibyemezo by’amavuko bikaba bitabashobokera nk’uko umuyobozi w’inkambi y’impunzi ya Gihembe Nsangiyera Jean yabitangaje.

Hagaragaramo kandi abana benshi barengeje igihe kigenwa n’itegeko cyo kwandikwa muri ibyo bitabo bakaba bafite impungenge z’uko bananditswe bacibwa amande kandi ntaho bayakura kuko batishoboye.

 

Ati “ turifuza ko ubuyobozi bw’umurenge wa Kageyo iyi nkambi ibarizwamo bwajya butworohereza mu kubandika mu bitabo by’irangamimerere ndetse kuko hagaragaramo abakobwa babyara badafite abagabo bazwi ko bashishikarizwa gushyira ahagaragara abo babyaranye”.

Depite Rwaka Pierre Claver umwe mu bagize iyo komisiyo yatangaje ko ibibazo bagejejweho nizo mpunzi bagiye kubishyikiriza ubuyobozi bw’akarere nabwo bukagishakira igisubizo.

Aha bakaba baragiriwe inama z’uko bagomba  kugaragaza ibibazo byabo hakiri kare kugirango bishakirwe umuti.

Iyo komisiyo yaje mu karere ka Gicumbi izanywe no gusura inkambi ya Gihembe ibarizwa muri ako Karere. Mbere yuko basura iyi nkambi bakaba babonanye n’ubuyobozi bw’Akarere.

Mu nkambi ya Gihembe

Mu nkambi ya Gihembe

Muri iyi nkambi kandi abana biga amashuri abanza n’icyiciro cyambere cy’amashuri yisumbuye ku buntu kuri ubu bakaba badashobora gukomeza amashuri bitewe n’uko inkunga bahabwaga  na ONG (JRS) yagaharitswe guhera 2009.

Izo mpunzi zirifuza ko amashuri ya 12YBE ari hafi y’inkambi yakwagurwa kugirango abo bana bajye babona imyanya.

Barifuza kandi ko babona amashuri y’incuke mu nkambi, n’ubwo hari umushinga AVSI ukorera muri iyo nkambi washyizeho amarerero abana baherwamo uburere bw’ibanze n’ubufasha bwihariye kubabana n’ubumuga.

Aba badepite barimo gukora ingendo mu ntara n’umujyi wa Kigali bagamije kureba no kumenya imibereho y’abana bafunzwe bari muri gereza n’ibibazo bahura nabyo ndetse  n’ ibibazo by’umwihariko abana bari mu nkambi z’impunzi bahura nabyo,n’ibindi.

 

 

 

 

Rwanda | Nyanza: Ikibazo cy’imitangire ya servisi itanoze cyavugutiwe umuti

$
0
0

Mu rwego rwo kurebera hamwe uko ikibazo cy’imitangire mibi ya servisi mu karere ka Nyanza cyakosorwa abarebwa n’imitangire yayo muri aka karere bahuriye mu nama tariki 21/12/2012 biga icyo bakora kugira ngo abayisaba bashimishwe nayo.

Rwanda : Bamwe mu bari mu nama bigishwa uko banoza serivisi baha abagana.

Bamwe mu bari mu nama bigishwa uko banoza serivisi baha abagana.

Nk’uko abari muri iyi nama bagiye babigaragaza, imitangire ya serivisi mu nzego zitandukanye zirimo amahoteli n’amaresitora haracyarimo ikibazo gituma abayihabwa bayinubira mu buryo bukomeye.

Birababaza kujya kwaka servisi witwaje n’amafaranga yawe ariko warangiza bakayiguha mu buryo butanoze. Ibi ni bimwe mu byatinzweho n’abari muri iyo nama bavuga ko bigomba gukosorwa.

Servisi uhawe itinze ingana na serivisi wimwe nk’uko byasobanuwe na Mushimiyimana Edouard umuyobozi w’ishami rishinzwe umurimo mu karere ka Nyanza akaba ari nawe wari uyoboye iyo nama.

Yakomeje avuga ko mu gihe umuntu ahawe serivisi itinze akenshi aba abihombeyemo nicyo  gituma abari mu nama basabwe kugira icyo bahindura.

Ibigo byashyizwe mu majwi kuba imitangire ya serivisi yabyo ikemangwa harimo amahoteli n’amaresitora kimwe n’ahatangirwa serivisi z’ubuvuzi.

Binyuze mu byifuzo by’abari mu nama bemeje ko bagiye gushyiraho umurongo wa telefoni 6262 itishyurwa izajya yiyambazwa mu gihe cyose umuntu ahawe servisi mbi atishimiye mu karere ka Nyanza.

Mu nama banaboneyeho gutangaza bimwe  mu by’ingenzi bizitabwaho mu igenzura ry’imitangire ya serivisi. Mu nzego z’ibanze z’ubuyobozi hazitabwa ku kureba niba ku nzugi z’ibiro hariho izina ry’umukozi, urutonde rwa servisi atanga, ibisabwa na nimero ye ya telefoni yashakirwaho n’uy’uwo umuntu yakwiyambaza mu gihe habayeho kutishimira uko yakiriwe.

Abafite aho bahuriye n’imitangire ya servisi mu karere ka Nyanz bavuga ko hari ibyo bagiye kuyihinduraho kugira ngo abayihabwa bajye bayishimira.

 

 

 

 


JADF YA NYAGATARE YAMURIKIWE DDP Y’AKARERE

$
0
0

Rwanda | Rwanda MapNYAGATARE:Kimwe mu bibazo bya cyemutse nyuma yo kunoza imikoranire n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Nyagatare ni ukuba ibikorwa batakirundira mu gace runaka, bikaba byaratumye iterambere rigera kuri benshi.

Ibi ni ibyatangajwe na Kamanzi Alcade president w’inama njyanama y’akarere ka Nyagatare nyuma y’inteko rusange y’ababatanyabikorwa b’aka karere.

Muri iyi nteko abafatanyabkorwa bagaragaje gahunda zabo, nyuma berekwa gahunda irambuye y’iterambere ry’akarere mu gihe cy’imyaka itanu. Kuba iyi gahunda ikubiyemo ibikorwa basanzwe bakora bituma bamenya icyerekezo cy’igenamigambi ryabo nk’uko bitangazwa na Iyaturemye Aime ukuriye JADF y’akarere ka Nyagatare.

Ibi kandi bishimangirwa na Kamanzi Alcade president w’inama njyanama y’akarere ka Nyagatare uhamya kandi ko imikoranire nk’iyi ari uburyo bwo guhuza imbaraga hagamijwe ko umuturage wese ari na we mugenerwabikorwa mukuru agerwaho n’iterambere.

Hagati aho ariko abaturage bo basabwa kubungabunga ibyagezweho, dore ko muri aba bafatanyabikorwa haba harimo imishinga n’imiryango ishobora gusoza gahunda zayo mu gihe runaka.

Mu kiganiro yahaye abafatanyabikorwa, Muganwa Stanley umuyobozi wungirije w’akarere ushinzwe ubukungu, yabamurikiye ishuro rusange y’akarere yibanze cyane ku mahirwe y’iterambere akwiye kubyazwa umusaruro.

Yongeye gushimangira ukunoza service zihabwa abaturage aho yacyebuye cyane amahoteli amabanki n’ibigo by’imari.

Hagamijwe kunoza imikorere n’imikoranire kandi ubu urwego rwa JADF rwateguye guhunda yo gusura no kugenzura buri mufatanyabikorwa ukorera mu karere, hakazatangwa amanota hashingiwe ku mbuto ibikorwa byabo bitanga mu baturage.

Mu zindi gahunda zikorwa hagamijwe guharanira umusaruro ufatika harimo gusinya imihigo hagati y’akarere n’abafatanyabikorwa, guharanira ko urugo rwose rwagerwaho n’ubufasha batanga by’umwihariko muri gahunda zigamije kuzamura imibereho y’abaturage.

 

 

Agriculture, infrastructure-Development programme on priority

$
0
0

Workers and development partners during the meeting

Gakenke district workers have emphasized that the district’s five year development plan will be focused on developing agriculture and infrastructure programmes which might be a developmental lift in the area.

This was resolved on December 18th 2012 during the meeting of the district officials and development partners to share ideas on District Development Plan (DDP).

During the meeting, the officials confirmed that education sector is improved and village settlement coverage is 71percent.

However, infrastructures such as electricity and roads in addition agriculture are a stumbling block to the development of the district.

It was agreed that 13 roads should be constructed and 20 roads to be renovated, so that residents get access to the markets and sell their produce.

On the issue of electricity, they plan to raise the number of people with electricity from 5-6 percent to 70 percent in the year 2018.

On agriculture, lands will be consolidated and productivity will be increased through the use of composite and factory made manure, so that 30.8 percent of residents are uplifted from under the poverty line.

In addition, four modern markets will be built and health centres will be renovated for better services.

The district administration in partnership with private sector plans to set up two maize factories and to make Kabuye hill a tourist destination dubbed “Roadside station.”

 

Nyagatare: District showcases DDP to JADF

$
0
0

NyagatareDist

Development has reached all due to good coordination between development partners and the district, Alcade Kamanzi; president of advisory council in Nyagatare district has observed.

This was revealed after the general parliament of partners to showcase District Development Plan (DDP) to the Joint Action Development Forum (JADF) in Nyagatare district.

During the parliament session, stake holders presented their plans first and then were showed the district’s 5 year development plan as Aime Iyaturemye, Head of JADF Nyagatare explains.

Kamanzi confirms that this activity is aimed at joining efforts to extend development to the beneficiaries.

Talking to the development partners, Stanley Muganwa; vice-mayor for economic affairs in Nyagatare district focused on development opportunities that can be exploited.

He added that banks, hotels and other financial institutions should strive to have best customer care.

To improve on the working strategies, JADF will visit and follow up on each partner working in this district and award marks accordingly.

Other programs include, signing performance contracts between the district and development partners and to ensure every household gets help in their welfare programs.

 

 

Ruhango: hagiye gufatwa ingamba zo kunoza imitangire ya serivise

$
0
0
Ruhango hagiye gufatwa ingamba zo kunoza imitangire ya serivise

Abashinzwe ibigo bitandukanye barasabwa gutanga serivise zinogeye ababagana

Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’imitangire ya servise, ibi ubuyobozi bubihagurukiye nyuma y’igihe gito ibiro bya minisitiri w’intebe, bifashe ingamba zo kugenzura imitangire ya service mu nzego zitandukanye zikorera imirimo yazo mu turere.

Mbabazi Francois Xavier, umuyobozi w’akarere ka Ruhango, avuga ko mbere y’uko ibiro bya minisitiri w’intebe bikora igenzura ry’imitangire myiza mu karere abereye umuyobozi, ngo bagomba kubanza gukemura bimwe mu bibazo abaturage bagenda bagaragaza bahura nabyo mu mitangire ya serivise.

Bamwe mu baturage bakenera serivise mu bigo bitandukanye cyane cyane nk’ibitaro, amabanki, mu nzego zibanze n’ahandi, bavuga ko imitangire ya serivise ikiri hasi.

Abatanga service mu karere ka Ruhango, bo bavuga ko hakenewe imbaraga nyinshi mu guhindura imyumvire, ngo kuko hari igihe umuntu aza akugana yasanga service agukeneyeho adahise ayibona bikitwa imitangire mibi ya service.

Kanyindi Morin  ahagarariye ishami rwa bank ya Kigali “BK” mu karere ka Ruhango, avuga ko hari nk’igihe umuntu aza ashaka inguzanyo ya bank, wamwereka ko hari ibyangombwa akibura, akagenda avuga ko imitangire ya serivise y’iyo bank ipfuye.

Ati “ murabona amabwiriza agenga inguzanyo za banki, aba asabwa kwitonderwa kugirango banki nayo itazagwa mu bihombo, bityo rero mu gukora ubushishozi umuntu akavuga ko ari serivise mbi umuhaye, abantu bakwiye gusobanurirwa neza nanone serivise icyo ari cyo”

Mu nama aherutse kugirana n’abayobozi b’uturere mu kweza k’ Ukwakira 2012, minisitiri w’intebe yasabye abayobozi b’uturere kwihutisha gahunda z’imitangire ya service myiza.

Customer care services to be improved in 2013- Nyanza District

$
0
0

 Nyanza District Authority has called upon all companies and service delivery institutions  to work on improving customer care in the nearly beginning year 2013, according to a meeting held on December 21st 2012.

The meeting also meant to devise means of satisfying their customers on services delivery in Nyanza district. It was cited out that some customers complain of poor services in some hotels and restaurants.

Customer care services to be improved

It hurts to get poor services yet, you pay for them. Something must be done to resolve this common problem, participants asserted.

“A delayed service is not different from a denied service,” narrated Edouard Mushimiyimana; in charge of public service in Nyanza district and the chairperson of the meeting.

Hotels, restaurants and health units were the most cautioned on poor service delivery.

Depending on the requests, it was agreed on during the meeting that a free telephone number 6262 will be used in case a customer wants to report poor services in Nyanza district.

Other issues talked about include putting names and responsibilities of leaders on the office doors, requirements and telephone numbers in case of poor customer care.

Participants vowed to improve customer care services saying they learnt a lot from the meeting.

 

 

 

 

 

Viewing all 3624 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>