Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all 3624 articles
Browse latest View live

Rusizi: Kimwe n’ahandi hose mu gihugu mu karere ka Rusizi hasojwe itorero ry’urubyiruko rw’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye.

$
0
0

Kimwe n’ahandi hose mu gihugu  mu karere ka Rusizi hasojwe itorero ry’urubyiruko rw’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 17 Ukuboza, 2012 mu Karere ka Rusizi hasojwe itorero ry’urubyiruko rw’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye. Iri torero ryasorejwe kuri Site ya TTC Mururu, ahari hateraniye urubyiruko rw’abanyeshuri 526.

Mu ijambo ry’intore yo ku rugerero rwo mu Ndatwa mu mihigo za Rusizi, Nzamwita J.M V, mu ijwi ry’intore bagenzi be, yagaragaje ko nyuma y’uko baherewe ubumenyi bw’ibanze mu mashuri yisumbuye ngo ubu noneho bahawe ubundi bumenyi buzatuma barushaho kumva inshingano zabo mu iterambere ry’igihugu, ibi bikazatuma bakunda byisumbuyeho u Rwanda, ndetse no kurukorera bikwiye umwenegihugu wese.

Kimwe n’ahandi hose mu gihugu  mu karere ka Rusizi hasojwe itorero ry’urubyiruko rw’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye2

Iyi Ntore yavuze ko kugira ngo bizabashe kugerwaho bazihatira kwimakaza indangagaciro na Kirazira z’umuco Nyarwanda nkuko bazigishijwe mu itorero barangije.

Ubwo, Bwana Shingiro Boris umutahira w’Intore ku rwego rw’igihugu yashyikirizaga Intore nkuru mu Karere ka Rusizi, yashimangiye ko izi ari imbaraga nshya Akarere kungutse mu rwego rwo gukomeza guteza imbere no kumvikanisha gahunda za Leta. Ati: “ Nimwakire aya maboko aje kunganira ayo mwari musanganywe kandi nta Shiti ko muzagera kuri byinshi kuko ahari ubushake byose bishoboka”.

Kimwe n’ahandi hose mu gihugu  mu karere ka Rusizi hasojwe itorero ry’urubyiruko rw’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye3

Umuyobozi w’Ingabo muri Rusizi na Nyamasheke, Col. Rutikanga Jean Bosco, mubyo yasabye izi ntore ni ukurangwa n’ikinyabupfura, umwete , kwitanga, n’ubuhanga, muri gahunda z’igihugu.

Col. Rutikanga ati: “ Nta bandi igihugu gifite bazabungabukanga umutekano w’igihugu n’inkiko zacyo atari urubyiruko nkamwe. Ni byiza ko ubumenyi muvanye mu itorero mwabukoresha mu kugera ku bisubizo by’ibibazo bikigaragara mu muryango Nyarwanda, bityo imbaragaza zanyu zije zikenewe kandi mukwiye kuzikoresha”.

Asoza ku mugaragaro iri torero ry’intore zo kurugerero, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Bwana Nzeyimana Oscar, yongeye kwibutsa uru rubyiruko uruhare rwarwo mu iterambere kandi abibutsako umusaruro wabonekaga mu Karere, ugomba kwikuba incuro zingana n’uko bangana, kandi ko iki ari igihe cyo kugaragaza impano buri wese afite mu bushobozi bwo kubaka igihugu cyamubyaye.

Bibukijwe ko bagomba kurangwa no kwimakaza umuco w’ubwitange no gukorera ku mihigo, kandi ababwira ko  kwitanga ari umuco wahoze uranga umunyarwanda mu gihe cyashize, ibi bikajyana n’ubwuzuzanye bw’intore bugomba kuranga intore zagiye zitozwa mbere yabo.

Mayor Oscar, yabasabye ko batagomba kuba urugero rubi, aho bagiye kujya mu mirenge, ngo uko bakeye bashoje itorero bagomba kubihorana kandi aho kwiga uko bandika amabaruwa asaba akazi bakabisimbuza kwiga uko bihangira umurimo.

Tubamenyesheko, urubyiruko rushoje itorero rwo kurugero mu Karere ka Rusizi, rugera ku 2189 rugizwe n’abahungu 1126  n’abakobwa 1063.

Ibirori byo gusoza itorero bikaba byaranzwe n’imivug, Indirimbo n’imbyino biherekezwa n’ubusabane.

 

 

 


GISAGARA: KOMITE Y’IJISHO RY’UMUTURANYI YONGEREWE UBUMENYI

$
0
0

KOMITE Y’IJISHO RY’UMUTURANYI YONGEREWE UBUMENYI

Mu rwego rwo gufasha abagize komite y’ijisho ry’umuturanyi kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu rubyiruko rw’akarere ka Gisagara, iyi komite ku rwego rw’akarere yongeye guhugurwa ku bwoko bw’ibiyobyabwenge bikoreshwa muri aka karere uko bifatwa ndetse n’uko byarwanywa kugirango babirwanye babisobanukiwe.

Muri izi nyigisho hagaragajwe ubwoko bw’ibiyobyabwenge bigaragara mu Karere ka Gisagara byiganjemo inzoga z’inkorano zizwi nka Nyirantare, urumogi n’icyatsi cyitwa rwiziringa gikoreshwa n’abana bakiri mu mashuri abanza bo muri kano karere.

Ingabo na Polisi bakorera muri aka Karere bemeza ko Gahunda y’Ijisho ry’umuturanyi izagira akamaro kuko ngo abari muri komite yaryo bafasha inzego z’umutekano gutanga amakuru y’ahari ibiyobyabwenge; aha bakaba batanze ingero z’inzoga za nyirantare bamaze iminsi bamena mu mirenge ya kibirizi, Save, Nyanza, musha n’ahandi ko bagiye babifashwamo n’abagize iyi komite.

Umukozi muri minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga madamu spéciose MUKAGAHIMA wahuguye abitabiriye, yatanze isomo ryari rifite umutwe ugira uti: “ISESENGURA KU IKORESHA N’ICURUZA RY’IBIYOBYABWENGE MU RWANDA”, akaba yaragaragaje ko urubyiruko (ni ukuvuga abaturage bafite imyaka iri hagati ya 14-35) usanga bibasiwe cyane n’ibiyobyabwenge by’ubwoko butandukanye.  Akaba yabahuguye ubwoko bw’ibiyobyabwenge biboneka mu Rwanda no hanze birimo cocaine, heroine,urumogi, kole, inzoga z’inkorano zizwi ku izina rya Nyiranatare, muriture n’ayandi; anabigisha imwe mu myitwarire iranga iwabikoresheje, irimo guta ubwenge, urugomo n’ibindi byinshi bitandukanye.

Aya masomo azafasha cyane abagize komite y’ijisho ry’umuturanyi mu karere kose kuko abahuguwe bazahugura abo ku rwego rw’imirenge, utugari n’imidugudu, kugira ngo bose basohoze inshingano zabo neza kuko ngo wasangaga hari abashinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ariko batabizi ku buryo hari icyabanyura mu jisho.

 

 

 

GISAGARA: BARASHIMA IBYO BAGEJEJWEHO NA FPR BIYEMEZA NO KONGERA IMBARAGA

$
0
0

“Imbaraga n’ubushake by’urubyiruko ni rwo rufunguzo rw’iterambere rirambye kandi rigera kuri bose”. Ubu ni bumwe mu butumwa bwagiye butanwa mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 umuryango wa FPR umaze ushinzwe mu karere ka Gisagara. Abanyamuryango bagiye bagaragaza ibyishimo byabo ariko kandi ubuyobozi nabwo bubasaba kongera imbaraga kuko urugamba rwo kurwanya ubukene rugihari.

BARASHIMA IBYO BAGEJEJWEHO NA FPR BIYEMEZA NO KONGERA IMBARAGA

Ubuhamya bw’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi barata ibyiza uyu muryango wabagejejeho ni byo byaranze ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 Umuryango wa FPR umaze ushinzwe.

Nk’uko aba banyamuryango babivuga ngo Umuryango wa FPR-Inkotanyi wabafashije kugera ku bikorwa byinshi bigamije imibereho myiza ahanini binyuze mu mahugurwa bagenda bahabwa yo kunoza ibikorwa byabo ahanini bigamije iterambere nk’ubuhinzi, ubukungu n’ibindi. Bavuga kandi ko nta cyiciro na kimwe kitagezweho n’ibi bikorwa haba mu rubyiruko no mu bantu bakuru. Nyiransabimana Pétronille utuye mu murenge wa Kibirizi avuga ko yafashijwe kubona icumbi, agahabwa amatungo magufi amufasha kubona ifumbire maze akeza ibimutunga, kuri ubu akaba abona ubuzima bwe bugenda burushaho kuba bwiza abikesheje uyu muryango. Urubyiruko rwibumbiye hamwe rwo mu murenge wa Save narwo rwahawe mudasobwa 3 n’ umuryango FPR kuri ubu rukaba ruri muri gahunda yo kujya ruzibyaza umusaruro.

Chairman w’Umuryango wa FPR mu Karere ka Gisagara, akaba n’umuyobozi w’Akarere, Karekezi Léandre, yashimiye abanyamuryango uruhare n’umurava bagaragaje mu bikorwa byagezweho mu gihe cy’imyaka 25 ishize, anasaba kandi abaturage ko bakomeza imbaraga zabo zikabyara n’ibindi bikorwa bigamije gukomeza kubazamura, cyane ko hakiri urugendo kandi abanyarwanda bakaba aribo bagomba kwiyubaka bihesha agaciro.

Abaturage b’akarere ka Gisagara mu mirenge yose bizihiza iyi sabukuru bagiye bagaragaza ibyishimo bahawe n’uyu muryango, ndetse bakanizeza ubuyobozi ko ibyo bahawe bizabafasha kuzamuka ndetse bakanazamura abandi. Ibi bikaba ngo byaranatangiye gukorwa, aho abahawe amatungo muri gahunda ya gira inka munyarwanda bagenda boroza bagenzi babo uko zibyaye, abandi nabo bagasangiza abaturanyi umukamo wazo.

 

 

 

Rutsiro : Abarangije ayisumbuye biteguye kumara amezi atatu bakora ibikorwa by’iterambere mu mirenge yabo

$
0
0

Abarangije ayisumbuye biteguye kumara amezi atatu bakora ibikorwa by’iterambere mu mirenge yabo

Abarangije amashuri yisumbuye bari mu itorero ry’igihugu mu karere ka Rutsiro bavuga ko ibikorwa by’iterambere bagiye gukorera mu mirenge yabo mu gihe cy’amezi atatu ari uburyo bwiza bwo gutanga umusanzu ku rwababyaye ndetse no gutanga urugero rwiza ku bandi baturage batabashije kugera mu itorero.

Icyiciro cya mbere cy’itorero kirasozwa kuri uyu wa mbere tariki ya 17/12/2012. Harakurikiraho icyiciro cya kabiri, aho abanyeshuri bazajya ku itorero ryo ku rugerero, mu tugari iwabo, mu midugudu ndetse no mu mirenge kugira ngo bafatanye mu bikorwa bitandukanye bijyanye na  gahunda za leta hagamijwe kwihutisha iterambere. Ni ibikorwa bagiye gufatanya n’imirenge yabo kugira ngo ibashe kwesa imihigo. Muri byo harimo nko kwigisha abaturage gusoma no kwandika, ubukangurambaga mu kuboneza urubyaro, ubukangurambaga mu kwigisha abaturage kugira isuku, n’ibindi byose bijyanye n’imihigo y’imirenge.

Abarangije amashuri yisumbuye bari mu itorero mu karere ka Rutsiro bavuga ko ibyo bikorwa ari umusanzu ukomeye biteguye gutanga mu guteza imbere igihugu.

Umwe muri bo witwa Nkurunziza Geremie yagize ati : “tugiye gukoresha imbaraga zacu kugira ngo nk’abantu bakunda igihugu, dufashe abayobozi bacu kugira ngo tugere ku cyerekezo 2020”.

Mukiza Richard, umukozi w’itorero ku rwego rw’igihugu, akaba by’umwihariko ashinzwe gukurikirana ibikorwa by’itorero mu karere ka Rutsiro, na we asanga ibyo bikorwa by’abarangije ayisumbuye ari ingirakamaro ku iterambere ry’igihugu.

Ati : “ Bagiye ku rugerero gukora ibikorwa by’ubwitange, ni ukwerekana ko bakunze igihugu, umutungo w’igihugu ni abaturage, ni yo mpamvu urubyiruko turukangurira ko rugomba gufasha igihugu, mu mikoro makeya igihugu gifite kikunganirwa n’ibikorwa by’ingirakamaro by’urubyiruko byafasha kuzagera ku cyerekezo  2020”.

Ubusanzwe ibikorwa by’ubwitange by’abarangije ayisumbuye bizajya bikorwa mu gihe kingana n’umwaka. Ariko kubera ko iyi hagunda ari bwo igitangira ndetse ikaba ikiri mu igerageza, aba ba mbere ngo bazabikora mu gihe kingana n’amezi atatu gusa.

Bavuye mu itorero bahize ibyo bagiye gukora hanyuma bagende bahite batangira urugerero rw’amezi atatu.

Umukozi w’itorero ku rwego rw’akarere afatanyije na za komite mpuzabikorwa ku rwego rw’utugari, imirenge n’akarere ni bamwe mu bazaba bari hafi y’abo banyeshuri ndetse bafatanye na bo, ari na ko babashakira ibikoresho bazaba bakeneye bitewe n’igikorwa kigezweho.

Biteganyijwe ko muri ayo mezi atatu bazajya bakora iminsi itanu mu cyumweru mbere ya saa sita gusa.

 

 

 

Nyamagabe: Imitangire myiza ya serivisi ngo niyo shingiro ry’imiyoborere myiza -Perezida w’inama njyanama.

$
0
0

Imitangire myiza ya serivisi ngo niyo shingiro ry’imiyoborere myiza -Perezida w’inama njyanama

Inama isanzwe y’inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye kuri iki cyumweru tariki ya 16/12/2012, yagarutse ku kibazo cy’imitangire ya serivisi aho abatanga serivisi basabwa kwakira neza ababagana ndetse bakumva ko ari inshingano zabo, abagize inama njyanama bakaba bagejejweho ingamba zafashwe n’akarere mu rwego rwo kunoza imitangire ya serivisi.

Muri izi ngamba harimo kumenyesha abasaba serivisi uburenganzira bwabo, ibisabwa ndetse n’igihe cya ngombwa kugira ngo umuntu usaba serivisi ayihabwe, akaba ari nayo mpamvu akarere kari gukora igenzura mu bigo bitandukanye byaba ibya leta n’ibyigenga, n’izindi zitandukanye.

Umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe, Zinarizima Diogène, yatangaje ko gutanga serivisi nziza ari ishingiro ry’imiyoborere myiza kuko rituma umuturage ayoboka ubuyobozi ndetse akanabasha gushyira mu bikorwa ibyo yateguye.

Zinarizima yagize ati: “imitangire ya serivisi tuyifata nk’ishingiro ry’imiyoborere myiza. Iyo umuturage yahawe serivisi nziza bimukundisha ubuyobozi kandi nawe bimufasha mu iterambere rye no kunoza ibyo yapanze, akumva ko ubuyobozi bumufitiye akamaro”.

Abagize inama njyanama y’akarere ngo bagiye kurushaho gusobanurira abaturage bahagarariye serivisi bafiteho uburenganzira, kuko ngo hari igihe wasangaga batazi ko ari uburenganzira bwabo.

“Tuza mu nama njyanama duhagarariye abaturage, natwe tuzarushaho gusobanurira abaturage serivisi bafitiye uburenganzira kuko akenshi usanga umuturage aba atanazi ko serivisi iyi n’iyi ari uburenganzira bwe. Biba byiza rero y’uko amenya ko icyo asaba agifitiye uburenganzira,” Perezida w’inama njyanama.

Inama njyanama ngo yanyuzwe n’ingamba akarere gafite mu kurushaho kunoza imitangire ya serivisi, ariko ngo bisaba guhozaho ntihabeho kwirara kuko imitangire ya serivisi atari ikintu kinoga burundu.

Inama njyanama yongeye kwibutsa ko umuturage adakwiye gufatiranwa ngo agire ikintu na kimwe abazwa niba yaracyujuje ngo ahabwe serivisi mu gihe kitarebana n’iyo serivisi yaje kwaka, nko kubazwa niba yaratanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, uwo kubaka Amashuri n’ibindi.

 

 

 

M23-Kinshasa talks get $500,000 financial boost

$
0
0

M23-Kinshasa talks get $500,000 financial boost

Howard G Buffett speaks at a UN even in New York on the sidelines of the 63rd annual United Nations General Assembly meeting September 24, 2008. (Photo: Getty Images)

 

The Howard G. Buffett Foundation, linked to American billionaire Warren Buffett, has pledged US$500,000 to facilitate ongoing negotiations between the DRC government and M23 rebels in Uganda, it was announced on Monday.

The contribution was announced by Howard G. Buffett, President of the Foundation, upon returning from one-on-one meetings in the region with DRC President Joseph Kabila, Rwanda’s President Paul Kagame and Uganda leader President Yoweri Museveni, who is also the facilitator of the talks.

In a joint statement released Monday, the leaders said the grant will pay for transportation, lodging and communications costs incurred by the government of Uganda in taking on this role, with the goal of ensuring all parties engaged in the negotiations are provided the opportunity to participate in a fair and inclusive process.

“There have been many misleading accounts about the situation in eastern DRC,” said President Kagame. “Mr. Buffett has a long history of working in the region and took the time to come and meet with key stakeholders in person to determine how he and his Foundation could best support the Congolese people in moving towards peace and prosperity. We applaud Mr. Buffett’s support for the peace process, to realize our shared belief in the importance of peace and stability for the progress of this region.”

President Museveni for his part said: “The solutions to the challenges in eastern Congo require support from the entire region and the political will from all parties to bring about lasting peace,”

“Uganda will continue to do what we can to facilitate the negotiations process, and we appreciate Mr. Buffett’s contributions to those efforts,” he added.

After a series of meetings among key leaders in the region, the Ugandan government, current chair of the International Conference on the Great Lakes Region, offered to host peace negotiations in Kampala and serve as lead mediator of the process, a leadership role supported by the governments of Rwanda and the Democratic Republic of Congo. The talks begun December 09 and had been scheduled to conclude in part on December 18, but have been extended to December 31.

The recent conflict in eastern Congo has displaced over 750,000 people from their homes since early May.

“There is an intrinsic connection between conflict, hunger and poverty,” said Mr. Buffett. “War has a profound economic and political impact, substantially increasing the probability of a recurrence of conflict. We must, once and for all and collectively, support the government of DRC to bring peace to eastern Congo and address the underlying systemic issues that are fueling this cycle of conflict.”

The Howard G. Buffett Foundation has invested over $50 million since 1999 and committed an additional $40 million over the next two years to the Great Lakes Region to support food security, economic development and mitigate conflict and its effects.

Howard G. Buffett is the oldest son of American billionaire Warren Buffett. He has established himself as a peace philanthropist in his own right.

 

KARONGI: Abari mu Itorero bagereranya imvungure n’inkoko

$
0
0

Abari mu Itorero bagereranya imvungure n’inkoko

Bamwe mu banyeshuli 871 basoje Itorero ryo mu karere ka Karongi ryamaze ibyumweru bibili n’igice

 

Abitabira gahunda y’Itorero hirya no hino mu gihugu, ku igaburo ryabo usangamo imvungure (ibigori bivanze n’ibishyimbo), ariko bakabyita Inkoko.

 

Abanyeshuli basoje Itorero ryo mu karere ka Karongi kuri uyu wa mbere 17-12-2012, baganiriye na www.newsofrwanda.com, nabo bavuga ko ako kabyiniriro baha imvungure kabagezeho ku buryo usanga nta n’umwe warukizita imvungure.

Mu ijwi risaraye kubera ko yari umushyushyarugamba, Umwe muri bo yagerageje gusobanura impamvu bazita inkoko agira ati :

Impamvu tuzita inkoko nuko zirimo intungamubiri zatumaga tugira imbaraga zo gukora ibindi bikorwa biba bikenewe mu Itorero.

Mugenzi we nawe ati: Impamvu tuzita inkoko nuko usanga ziryoshye kandi zifite akamaro ku bantu bari mu myitozo kuko zimara igihe mu muntu.

Usibye n’abanyeshuli baba bari mu Itorero cyangwa mu ngando, usanga n’abasirikare ubwabo imvungure bazita inkoko, kandi koko wareba uburyo baba bakomeye badapfa gusonza bya hato na hato, ugasanga bafite ishingiro kuzigereranya n’inkoko. Hari n’abazita amagi.

Imvungure zisanzwe zifite amateka akomeye mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, kuko ari cyo kiryo cyatunze abasirikare b’Inkotanyi ubwo bari mu rugano bahanganye n’ingabo za leta yatsinzwe kandi zo zararyaga ibyo kurya bisanzwe, ariko ziranga ziratsindwa, byumvikana ko imvungure cyangwa se ikigori zifite ibanga rikomeye mu gukomeza umuntu ntapfe kunanirwa ku rugamba.

 

 

 

KARONGI: Abasoje Amasomo y’Itorero Barasabwa Gukomeza Kuba Intore Ku Rugerero muri uyu mwaka ugiye kuza

$
0
0

Abasoje Amasomo y’Itorero Barasabwa Gukomeza Kuba Intore Ku Rugerero muri uyu mwaka ugiye kuza

S.E MININFRA, Isumbingabo Emma Françoise, aha morale intore zisoje Itorero

 

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ingufu n’Amazi muri MININFRA, yasabye abanyeshuli barangije amasomo y’itorero mu karere ka Karongi gukomeza kurangwa n’Ubutore ku Rugerero kuko ari nayo ntego nyamukuru y’Itorero.

Isumbingabo Emma Françoise ibi yabisabye inkumi n’abasore 871 basoje itorero ryaberaga mu karere ka Karongi, ku ishuli ryisumbuye rya TTC Rubengera. Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ingufu n’Amazi yababwiye ko nubwo barangije Itorero, bagomba kumenya ko akazi kabategereje imbere ari ko kenshi kuko bagomba kujya gushyira mu bikorwa ibyo bamaze ibyumweru bisaga bibili bigishwa.

Ibi bakazabikora baharanira gukomeza kuba Intore ku rugerero. Isumbingabo Emma Françoise ni byo yabamenyesheje agira ati: Muri uyu mwaka ugiye kuza hagiye kubaho ubwitange. Nyuma y’uko amanota yanyu azaba amaze kuza, muzamara umwaka wose mwicaye mbere yo kujya muri za kaminuza – ndavuga abazajya muri kaminuza za leta – Ni yo mpamvu rero leta ibategerejeho kuzajya hirya no hino aho muturuka mugafasha ubuyobozi bw’ibanze mukora ibikorwa by’intore.

Intore yarikuriye izindi mu itorero akaba na doyen w’abanyeshuli barangije umwaka wa gatandatu muri TTC Rubengera yashimye by’umwihariko gahunda y’Itorero muri aya magambo: Ntitwabura gushima leta yacu yadushyiriyeho iyi gahunda kugira ngo tubashe gukorera igihugu cyacu tugiteza imbere nk’uko twaraye tubihize muijoro ryakeye.

Bimwe mu bikorwa bahigiye nk’uko intore yarikuriye izindi yabisobanuye, harimo gufatanya n’ubuyobozi bw’ibanze mu gutuza abantu mu midugudu, cyane cyane abatuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza.

 

Umuyobozi w’akarere ka Karongi Kayumba Bernard yashimye Intore z’abanyeshuli ba Karongi ko zaranzwe n’ikinyabupfura mu gihe cyose bamaze mu itorero. Kayumba ati:

Mu ntore zose dufite hano muri Karongi kuri site ya Rubengera na Birambo ni 1340, ariko bose basoje itorero nta kibazo kibayeho. Ntawe bakubitiye imihini mu kabari, nta wafatiwe mu bujura, nta n’izindi ngeso mbi zabagaragayeho

Abasoje Amasomo y’Itorero Barasabwa Gukomeza Kuba Intore Ku Rugerero muri uyu mwaka ugiye kuza2

Col Ngarambe David uyobora brigade ya 204, yashimye abanyeshuli bamubwiye

ko biteguye no kuba bajya mu ngabo z’igihugu

 

Itorero ry’abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye mu karere ka Karongi ryitabiriwe n’abasore 441 n’inkumi 430 baturutse mu mirenge irindwi, indi mirenge itanu yitabiriye itorero ryabereye mu murenge wa Birambo.

 

 

 


Amwe mu mateka yaranze urugamba hazajyamo n’indake abayobozi babagamo

$
0
0

Amwe mu mateka yaranze urugamba hazajyamo n’indake abayobozi babagamo

Perezida Paul Kagame n’umufashawe Jeannete Kagame bari gusura iyo Ndaki

Ku Mulindi hagaragara amwe mu mateka yaranze ingabo zari iza RPF ndetse n’indacye bamwe mubayobozi babagamo mugihe cy’intamba yo kubohoza u Rwanda nazo zizashyirwa mubintu byaranze ayo mateka.

Senateur Karemera Joseph umwe mubarwanye intambara yo kubohoza u Rwanda kuva yatangira yatangaje ko asanga n’indake zigomba kujya mubyiza bizajya mu nzu y’amateka kuko kuri uwo musozi wa Mulindi hari indake nyinshi zabagamo abantu batandukanye harimo n’abayobozi b’igihugu.

Avuga ko ku Mulindi ariho hari igicumbi cyabo kuva bagera mu Rwanda kuko ariho gahunda zo gupanga iby’urugamba, no gushakisha amikoro  zaberaga  mu Ndake akaba ariyo mpamvu asanga hagomba kugira amateka atazibagirana.

Avuga ko Indake zabo bazijyagamo n’ijoro kuko batashaboraga kurara munzu kuko bahoraga biteguye ko ingabo zatsinzwe zashoboraga kubagabaho ibitero maze nabo bakirwanaho.

Amwe mu mateka yaranze urugamba hazajyamo n’indake abayobozi babagamo2

Imbere muri iyo Ndaki

Icyicaro gikuru cy’ingabo babaga ku Mulindi ndetse chair Man w’umuryango wa FPR niho yabaga uretse abandi basirikare babaga bari mubindi bice bafashe bari kuhayobora.

Asanga Indake zarabagiriye umumaro munini ku buryo ariho bakoreraga inama Ati “ iyi ndake niyo nyakubwa Perezida Paul Kagame yabagamo tukamusangamo tugapanga gahunda yose y’uko tugomba kurwana urugamba ndetse n’ibindi byose bijyanye n’imibereho twarimo icyo gihe”.

Yemeza ko bari babanye neza n’abaturage bo ku Mulindi akaba asanga nabyo bikwiye kuzashyirwa muri ayo mateka.

Gusa avuga ko n’ubwo babaga mu ndake yabaga yubatse neza ndetse akaba nta mwanzi wagutera uko abonye kuko umuntu iyo yabaga arimo nta n’igisasu cyamwica kuko yabaga yubatse muburyo bwa Gihanga kandi isa nkaho ari mu mwobo ukoze nk’inzu kuko umuntu yayihaga n’ibyumba.

Amwe mu mateka yaranze urugamba hazajyamo n’indake abayobozi babagamo3

Indaki  hejuru imeze nk’umugina

Ati “ Ntabwo twisondekaga rwose! Twubakaga indake zikomeye zubakishije ibiti binini kuburyo n’ikompora ryagwa hejuru yayo ntugire icyo uba”.

Gusa avuga ko n’izindi Ndake zitasibanganye kandi buri muntu ashobora kumenya aho iye yari iri maze nazo zikerekana amateka y’ubuzima bw’inkotanyi mur icyo gihe.

 

GISAGARA: IBAYE IYA MBERE KU NSHURO YA GATATU MU MIYOBORERE MYIZA KU RWEGO RW’IGIHUGU

$
0
0

Kuva aho amarushanwa ku miyoborere myiza ategurwa n’urwego rw’umuvunyi atangiriye mu mwaka wa 2008, akarere ka Gisagara kagiye kaza mu turere tune twa mbere ndetse kakanahabwa igihembo. Muri iyi myaka itanu kandi aka karere kabonye umwanya wambere inshuro eshatu hashyizwemo n’uyu mwaka wa 2012 aho kahawe igikombe cya burundu.

IBAYE IYA MBERE KU NSHURO YA GATATU MU MIYOBORERE MYIZA KU RWEGO RW’IGIHUGU

Mu mwaka wa 2008 ubwo amarushanwa yatangiraga, aka karere kaje ku mwanya wa 3, mu mwaka wa 2009 kaza ku mwanya wa mbere, 2010 kaza kumwanya wa 2 naho 2011 na 2012 kiharira umwanya wa mbere ku rwego rw’igihugu, kakaba kamaze kubihererwa igikombe.

Hakurikijwe ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’umufatanyabikorwa Care International ku miyoborere myiza n’ibirebana na ruswa muri aka karere, abaturage bagiye bagaragaza ko hari ahagikwiye kongerwa imbaraga mu itangwa rya serivisi, nko kwa muganga n’ahandi hamwe na hamwe batakirwa uko bikwiye ngo bahabwe serivisi bagomba, ibi bigahuza n’uko ubuyobozi bw’aka karere bwemeza ko urugamba rugihari ariko nanone bigaragara ko hari aho bagez kuba babasha kubona uyu mwanya wa mbere ku rwego rw’igihugu.

Zimwe mu ngamba Akarere kashyizeho kugiramgo kagere aho kageze ubu ni ukubahiriza amategeko ku nzego zose z’imirimo, gukangurira abakozi gutanga serivisi nziza, ku nzugi za servisi za Leta hose hakandikwaho Nomero ya telefoni y’umuyobozi w’akarere abaturage bahamagara baramutse bahawe serivisi mbi, n’itangazo ngo “wimpa ruswa, serivisi ni uburenganzira bwawe” rikaba muri buri biro. Ku rugi rw’umuyobozi w’akarere ho handitsweho Nomero ya telefoni y’umuyobozi w’intara.

Akarere kubatse urwego rw’Impuruza kuva ku Karere ukagera ku mudugudu kandi barahugurwa banagurirwa terefoni ku rwego rw’imirenge. Ni urwego rugenzura imitangire ya servisi, rugatanga raporo mu nteko y’abaturage. Akarere ka Gisagara kubatse muri buri kagari akagoroba k’ababyeyi, aho ababyeyi bahura bakaganira ku buzima bw’imibereho y’imiryango yabo, bigafasha gutahura, kwamagana no gukumira ihohoterwa rikorerwa mu ngo, dore ko akenshi ritavugirwa ku karubanda, ibi byose bikaba ngo byaragiye bikosora byinshi.

Nk’uko umuyobozi w’aka karere bwana Leandre Karekezi abivuga, ngo bazakomeza gukoresha imbaraga zabo kugirango ibyo bagezeho bidasubira inyuma ahubwo n’ibitaragerwaho 100% bigerweho, ibi bikaba ari nabyo basabwe n’urwego rw’umuvunyi ndetse na nyakubahwa minisitiri w’intebe ubwo hatangizwaga icyumweru nyafurika cyahariwe kurwanya ruswa n’akarengane cyatangirijwe muri aka karere ka Gisagara tariki ya 5 uku kwezi.

 

 

 

Kirehe-Abanyeshuri 1135 barangije amashuri yisumbuye basoje itorero

$
0
0

Abanyeshuri 1135 barangije amashuri yisumbuye basoje itorero

Kimwe n’ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 17 ukuboza 2012, mu karere ka Kirehe hashojwe Itorero ry’urubyiruko rw’abanyeshuri rurangije amashuri yisumbuye  bari bamazemo ibyumweru bibiri batozwa indangagaciro z’umuco nyarwanda na kirazira.

Urwo rubyiruko rugera ku 1135 harimo abahungu 674 n’abakobwa 551 uretse amasomo bahawe banakoze ibikorwa bitandukanye nk’uko Mukunzi Emile wari ushinzwe site y’ingando abitangaza. Muri ibyo bikorwa harimo ko urwo rubyiruko rwateye ibiti bigera ku 5356 kuri hegitari ebyiri n’igice muri gahunda yo kurwanya isuri, banasannye inzu y’abana batatu b’imfubyi batishoboye, bakaba baranabagaye imyaka y’abakecuru batishoboye.

Ubuyobozi bw’ingabo ku bufatanye n’akarere biyemeje kugurira abo bana Matelas eshatu no kubashyirira isima mu nzu mu rwego rwo kurushaho kubiyegereza.

Murayire Protais, umuyobozi w’akarere ka Kirehe yashimiye intore z’urubyiruko anavuga ko ziyongereye ku zindi 7799 zari zisanzwe, yababwiye ko bagomba guharanira inyungu z’igihugu no guha amakuru abayashinzwe mu rwego rwo kurushaho guteza igihugu imbere. Yabasabye gukangurira abaturanyi kwirinda umwanda n’imyumvire mibi yabaremamo amacakubiri.

Mushimiyimana Dativa wavuze mu izina ry’uhagarariye intore zarangije itorero yashimiye Nyakubahwa Perezida wa Repubulika wasubijeho gahunda y’itorero ry’igihugu anashimira ubuyobozi bwabitayeho harimo ubwa polisi na gisilikari.

Yavuze ko bize amateka y’u Rwanda mbere na nyuma y’ubukoloni ari nayo yagejeje u Rwanda mu bihe bibi bya Jenoside yo mu 1994 akaba asaba bagenzi be kwirinda icyo ari cyo cyose cyayigarura. Yavuze ko bize ibyiciro by’intore ari byo : Ndabizi,Ndabikora na Ndabiharanira, asaba bagenzi be guharanira iterambere ry’igihugu nk’abayobozi.

Uwo muhango wari witabiriwe ku rwego rw’igihugu na Generale GATSINZI Dani umuyobozi w’ingabo wa Division ya 1 mu mujyi wa Kigali no mu ntara y’iburasirazuba, wakanguriye abarangije itorero kugira intego mu buzima bwabo bagakunda umurimo aho kuba nka bamwe birirwa ku muhanda kandi imirimo ihari akaba yanabasabye kwirinda ingeso mbi zo mu busambanyi zabakururira ingaruka mbi nko kurwara Sida.

Uwo muhango waranzwe n’imivugo, ibyivugo by’intore hakurikije imirenge, umukino wa karate n’imbyino zitandukanye zerekeza ku ndangagaciro z’umunyarwanda.

 

 

 

Burera: “Kwigira” nibyo abanyeshuri barangije itorero basabwa guharanira

$
0
0

“Kwigira” nibyo abanyeshuri barangije itorero basabwa guharanira

Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije amashuri yisumbye bashoje itorero barasabwa guharanirwa kwigira nk’abanyarwanda kuko nk’urubyiruko icyo aricyo cyose bashyize ho umutima bagishobora.

Mu muhango wo gusoza iryo torero wabaye kuri  uyu wa mbere tariki ya 17/12/2012, Zaraduhaye Joseph, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere, yavuze ko u Rwanda ruri guharanura kwigira. Ngo ntahandi byashobokera bitanyuze mu rubyiruko.

Yagize ati “kwigira ntahandi byashobokera,bidaciye mu itorero nk’iri ngiri, bidaciye muri mwebwe urubyiruko…mugomba kuzirikana iteka ko igihugu ari icyanyu. Ni mwe baragwa b’igihugu”.

Kwigira birashoboka binyujijwe mu rubyiruko kubera ko icyo urubyiruko rwashaka gukora cyose, rukagishyira ku mutima, rukagiha gahunda, rukagiha umurongo bagishobora nk’uko Zaraduhaye abisobanura.

Yakomeje asaba izo ntore zirangije itorero kuzarangwa n’indangagaciro bigiye mu itorero. Bagomba kandi kurangwa n’uburere n’ikinyabupfura kugira ngo byiyongere ku bumenyi bakuye mu ishuri. Ibyo byose bizatuma bakorera u Rwanda neza nk’uko Zaraduhaye yabibasabye.

Izo ntore zakoreraga itorero i Nkumba zigera kuri 465. Zitangaza ko mu itorero zigiye mo ibintu byinshi kandi bitandukanye birimo amateka y’u Rwanda, indangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda.

Bakomeza bavuga ko ibyo byose bigiye mu itorero bizatuma babasha kuremera abatishoboye bo murenge bavukamo, mu gihe bazaba bari ku rugerero, ruzamara amezi atatu, bagomba gutangira muri 2013.

Izo ntore ubwo zasozaga itorero zaremeye abatishoboye bane bakomoka mu murenge wa Kinoni, mu karere ka Burera. Muri abo baremewe, babiri bagabiwe ihene, undi agabirwa intama naho umunyeshuri utishoboye yahawe amafaranga yo kugura ibikoresho by’ishuri.

Itorero ryashojwe tariki ya 17/12/2012 ryari ryatangiye tariki ya 01/12/2012.

Akarere ka Burera gafite urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rwashoje itorero rugera ku 1040. Bari bagabanyijwe mo ibyiciro bitatu. Abagera kuri 465 bari i Nkumba, 322 bari muri TTC Kirambo na 253 bari muri E.S.Kirambo.

 

 

 

Nyamagabe: Urubyiruko rwasoje itorero rwiyemeje kuba umusemburo w’impinduka nziza.

$
0
0

Urubyiruko rwasoje itorero rwiyemeje kuba umusemburo w’impinduka nziza

Kuri uyu wa mbere tariki ya 17/12/2012, abanyeshuri barangije Amashuri yisumbuye 1117 basoje itorero batangaza ko bagiye kuba umusemburo w’impinduka nziza ndetse bakazagaragaza umusaruro mu gihe bazaba bari ku rugerero.

Izi ntore zatorezwaga mu karere ka Nyamagabe zashimiye leta y’u Rwanda ngo kuko yibutse urubyiruko ikarutegurira itorero ngo rutozwe kuba abanyarwanda barubereye, izi ntore zikaba zarahize kuzakorera igihugu zigaharanira kugira uruhare mu iterambere ryacyo, nk’uko Nzabahimana Védaste wari uhagarariye intore bagenzi be yabitangaje.

Urubyiruko rwasoje itorero rwiyemeje kuba umusemburo w’impinduka nziza2

“Dushingiye ku masomo twavanye mu irerero ari ryo torero ry’igihugu, twizeye neza ko tugiye kuzagaragaza uruhare rwacu twiyubakira igihugu. Twiyemeje kuba umusemburo w’impinduka nziza mu iterambere twihesha agaciro, duhanga udushya ku rugerero mu rwego rwo kwigira”.

Urubyiruko rwasoje itorero rwiyemeje kuba umusemburo w’impinduka nziza3

Leta ngo yashyizeho urugerero kuko ikeneye ko igihugu gitera imbere mu buryo bwihuse kandi burambye, imbaraga z’urubyiruko zikaba zikenewe muri uru rugamba. Imihigo y’uru rubyiruko ngo iratanga ikizere ko iterambere rirambye kandi ryihuse rizagerwaho nk’uko Kambanda Dieudonne, ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’urugerero yabisobanuye.

Kambanda yagize ati: “mu mihigo (intore) zimaze guhiga harimo byinshi kandi bizafasha koko kugera ku iterambere rirambye kandi vuba”.

Kambanda yibukije izi ntore ko hazakurikiraho kujya ku rugerero bagashyira mu bikorwa imihigo bahize, icyo gihe abazaba baresheje imihigo bazashimwa naho abazaba batarayesheje banengwe mu gitaramo.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe, Mugisha Philbert yibukije uru rubyiruko ko ari rwo rwa mbere rugiye kujya ku rugerero rukaba rusabwa kuzaba intangarugero kugira ngo abazabakurikira bazaharanire nabo gutanga umusaruro.

Imihigo yahizwe ikubiye mu nkingi enye za guverinoma arizo ubukungu, ubutabera, imiyoborere myiza n’imibereho myiza.

Uru rubyiruko kandi rwanasabwe gutanga umusanzu warwo mu gucunga umutekano w’igihugu no guharanira ko wasugira ugasagamba.

 

 

Gakenke: Igice cya mbere cy’itorero ry’abanyeshuri cyasojwe

$
0
0

Igice cya mbere cy’itorero  ry’abanyeshuri  cyasojwe

Abanyeshuri bagera kuri 400 basoje itorero kuri G.S Nyarutovu.

 Kuri uyu wa mbere, tariki 17/12/2012 mu Ishuri ryisumbye rya Nyarutovu hasojwe ku mugaragaro  igice cya mbere cy’itorero ry’igihugu ryari rigenewe abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye.  Igice cya kabiri cyiswe “urugerero”  kizakorwa guhera mu ntangiriro za Mutarama 2013.

Abanyeshuri bagera kuri 400 bitabiriye itorero bahize ko bashinga amakarabu y’ubumwe n’ubwiyunge  yo kurwanya ingengabiterezo ya Jenoside, bazakangurira abaturage bo mu mirenge yabo kwitabira gutanga mitiweli, kurya neza babatoza kugira uturima tw’igikoni no gukora ubusitani bw’indabo ku biro ry’imirenge.

Ibi bikorwa n’ibindi biyemeje kubikora mu mezi atatu azakorwamo igice cya kabiri cy’itorero ry’igihugu kiswe “urugerero”.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu, imari n’iterambere, Uwitonze Odette yasabye abarangije itorero gushaka igikorwa kimwe cyangwa bibiri bigaragara bazakora bakazaza byabukirwaho igihe cyose.

Yanabasabye kandi kugenda bakaba umusemburo w’impinduka nziza mu mirenge bakomokamo kuko ari yo nshingano nyamukuru bafite.

Urubyiruko rwitabiriwe iryo torero rwigishijwe amasomo atandukanye harimo gukunda umurimo.  Rusobanura ko rurangije rufite intego yo kwihangira akazi bashinga koperative zizakora ubworozi bw’inkoko n’ingurube.

Rukangurira urundi rubyiruko by’umwihariko kwitabira umuganda na gahunda za Leta muri rusange kuko ari ho bazanyuza ubutumwa  bwabo.

Iki ni icyiciro cya kane cy’itorero ry’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye gisojwe, rytabiriwe n’abanyeshuri bakomoka mu mirenge ya Gakenke, Mataba, Gashenyi.

 

 

 

Nyamasheke: Inama y’umutekano yafashe ingamba zo gukurikirana ibyambu

$
0
0

Inama y’umutekano yafashe ingamba zo gukurikirana ibyambu

Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke yateranye kuri uyu wa kabiri, tariki ya 18/12/2012 yafashe umwanzuro wo gukaza ingamba z’umutekano ku byambu byo ku kiyaga cya Kivu.

Muri iyi nama y’umutekano y’akarere ka Nyamasheke, abayitabiriye bagaragaje ko umutekano wifashe neza muri rusange , ariko hakaba hakwiriye gukazwa ingamba zawo kugira ngo uwo mutekano uhari usigasirwe.

Iyi nama yayobowe n’Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste ari kumwe n’abashinzwe inzego z’umutekano mu Ngabo na Polisi y’Igihugu, abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize aka karere ndetse n’abandi bafite aho bahuriye n’umutekano w’aka karere ka Nyamasheke.

Yaba ukuriye Polisi y’igihugu mu karere ka Nyamasheke, CIP François Segakware ndetse n’Umukuru w’Ingabo mu turere twa Nyamasheke na rusizi, Colonel Jean Bosco Rutikanga bagaragaje ko umutekano wifashe neza muri rusange, ariko bakavuga ko igikenewe ari ugukomeza kuwubungabunga.

Muri iyi nama, abayitabiriye bagarutse ku mutekano w’ibyambu byo ku Kiyaga cya Kivu bikora ku karere ka Nyamasheke bikunze gukoreshwa n’abaturage bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batuye ku Ijwi  baza guhahira muri aka karere.  Ibi ni ibyambu bidasanzwe muri gahunda y’abinjira n’abasohoka, ariko hakaba haragiyeho amabwiriza yihariye y’uburyo abaturage bo muri R.D. Congo baza guhaha boroherezwa, hakabaho ibitabo bandikwamo uko binjiye n’uko batashye.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste akaba yavuze ko kunoza gahunda y’igenzura ry’ibyo bamboo biri muri gahunda yo gukaza ingamba z’umutekano kugira ngo birinde icyawuhungabanya bafatanyije n’abaturage.

Akarere ka Nyamasheke gakora ku mbibi z’igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by’umwihariko ku gice cy’Ikirwa cy’Ijwi. Abakongomani baturuka ku Ijwi bakaba bakunze kuza guhahira ku masoko yo muri aka karere ka Nyamasheke bakoresheje ibyambu bitandukanye bizwi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.

Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamasheke ikaba yiyemeje gukaza ingamba zo kugenzura neza koko ko nta zindi nzira zishobora gukoreshwa hagamijwe guhungabanya umutekano.

 

 

 


Burera: Abarangije ayisumbuye barasabwa guca ukubiri n’ibiyobyabwenge

$
0
0

Abarangije ayisumbuye barasabwa guca ukubiri n’ibiyobyabwenge

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere arasaba abanyeshuri bo muri ako karere barangije amashuri yisumbuye kwirinda ibiyobyabwenge kuko ntacyo byazabageza ho uretse kurangwa n’imyitwarire mibi gusa.

Rumwe mu rubyiruko cyane cyane urwiga mu mashuri yisumbuye rukunze kwishora mu biyobyabwenge nk’urumojyi, kanyanga n’ibindi. Iyo barubajije impamvu rubijyamo rutangaza ko ruba rushaka gutinyuka gukora ibintu runaka.

Zaraduhaye Joseph, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere abwira abo banyeshuri bo mu karere ka Burera, ko byumvikana impamvu abafata ibiyobyabwenge bavuga ko babifata kugira ngo batinyuke.

Agira ati “…muba mushaka gutinyuka ngo bigende bite? Gutinyuka kwiyahura, gutinyuka kwiba, gutinyuka kwica,  gutinyuka kurwana…izo mbaraga nizo twacungira ho kugira ngo twubake igihugu cyacu?.”

Zaraduheye avuga abafata ibiyobyabwenge baba bashaka gutinyuka gukora ikibi gusa. Yongera ho ko mu ijambo “ibiyobybwenge” harimo inshinga “kuyoba”. Ashimangira ko umuntu wayobye adashobora kuyobora abandi.

Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije amashuri yisumbuye, bashoje itorero bari bamaze mo ibyumweru bibiri tariki ya 17/12/2012. Ubwo barisozaga basabwe kurangwa n’indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda.

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere yababwiye ko kandi bagomba kuzarangwa n’uburere bwiza ndetse n’ikinyabupfura byiyongera ku bumenyi bakuye mu ishuri kugira ngo bazabashe gutegura ejo hazaza habo neza.

Yakomeje kandi abasaba kuzitabira urugerero bazajya mo mu mwaka wa 2013 bakamara amezi atatu bakorera ubushake ibikorwa byo guteza imbere u Rwanda.

Yongeye ho ababwira ko kujya ku rugerero ari nko “gutegura ijuru” kuko ibyo bikorwa byose byiza bazakora bakorera ubushake bizatuma babona imigisha ku Mana kuko igihembo cy’umuntu ukora neza ari Ijuru naho icy’ukora nabi akaba ari urupfu.

 

 

 

6,000 FDLR rebels preparing offensive against Rwanda

$
0
0

6,000 FDLR rebels preparing offensive against Rwanda

IDs recovered from FDLR combatants repulsed by Rwandan forces on November 27

 

A classified United Nations document says the FDLR militia is amassing troops – with some from Zambia and Congo Brazzaville in preparation for an attack on Rwanda. To complicate the situation, the DRC government is reportedly aware of the FDLR movements.

The document with reference number CLA-MP-94/12-12 dated December 17 was prepared by MONUSCO for internal consumption. It reads in part: “Reliable sources (humanitarian workers) has reported to MONUSCO’s component on 16th Dec 12 about the presence of 4000 FDLR cadres at Kazibake…, Groupement of Bashali Mokoto, Localité Lukweti/Ndurumo.”

The leaked two-page intelligence report says MONUSCO has information that some of the 4,000 militia recruits – which the document called “FDLR cadres” have been brought in from Zambia. These new rebels arrived at their current location on 13th Dec 2012.

In other developments, “a new FDLR commander named BAKOTA based at Kivuye… has been stated to have come from Brazza-Ville,” says the document.

So why is the FDLR militia, which the UN itself has over the years said that its numbers have gone down completely, suddenly getting new recruits and moving freely? This classified report says FDLR are taking advantage of the current situation in eastern DRC to establish operational bases in “the Virunga Park (Kinigi sector) inside Rwanda.”

In addition to these new 4,000 mobilized troops, this UN document says FDLR already has another 2,000 “previously located at Nganga (HQ of the FDLR president and supreme commander), Mumo, Hembe, Nyagisozi,  Macumbi…”

MONUSCO helicopters?

What is strange from this document is that MONUSCO troops are located with proximity of the areas where the new FDLR troops are being organized. The document also says “two white painted helicopters” have been seen on several occasions in the past days flying into and out of this new FDLR regroupment locality.

Here is how the report speaks about the helicopters:

“Note: The weather during the day the helicopters were reportedly flying was rainy and cloudy, fact that did not enable UN members deployed at Mpati to view, hear and identify such non-UN helicopters having flown in our area of responsibility.”

“Analysis: The information on both presence of these FDLR cadres and helicopters flights do constitute a certain reality as the flights might have supplied the combatants with logistic support, while we do foresee more movements and activities to occur in the near future in view of expeditions on Rwandan soil, rotations, protection of both dependents and their political wing gathered around the CEN/Comité Exécutif National  where their commissioners often rule, protection of the Groupement des Ecoles(senior, cadet and non-commissioned officers academy school) and training sites (kindly refer to my latest update of FDLR-FOCA chart and reorganization).”

As for what MONUSCO plans to do in the face of these new developments, the 19,000 strong force only intend to do patrols.

“Intensification of patrols to Nyange- Kitso- Bibwe stretch to dominate the area while monitoring related FDLR activities,” say the UN peacekeepers.

 

6,000 FDLR rebels preparing offensive against Rwanda2

One of the FDLR rebels captured following the attack

 

 

Ruhango: intore zahigiye kwimakaza umuco Nyarwanda

$
0
0

intore zahigiye kwimakaza umuco Nyarwanda

Aba banyeshuri bahize ko bagiye guteza imbere umuco

Abanyeshyuri basoje ingando z’itorero mu karere ka Ruhango, mu mihigo bahize bagiye gukora mu mirenge bakomokamo, bagiye bibanda ku muhigo wo kwimakaza umuco.

Izi ntore zavuze ko impamvu zibanze ku muco, ngo n’uko basigaye babona abantu batandukanye bagenda badukana imico yahandi, nyamara ngo umuco ariwo pfundo ry’ibintu byose.

Niyigena Yves Clement ni umwe mu banyeshuri bashoje umwaka wa Gatandatu akaba yaritabiriye ingando z’itorero aturutse mu murenjye wa Kinihira, avuga ko bafite impungenge z’uko mu myka iri imbere umuco nyarwanda ushobora kuzazimara bitewe n’uko abantu bose bagenda badukana indi mico.

Uyu musore kimwe n’abagenzi be bitabiriye itorero mu karere ka Ruhango, bavuga ko ubu bagiye gusigasira umuco bibanda kubakiribato kugirango umuco utazimira.

Depute Murara Jean Damascene witabiriye umuhango wo gusoza itorero tariki ya 17/12/2012, yashimiye uru rubyiruko kuba rwiyemeje gusigasigira umuco w’ igihugu cyabo, ngo kuko igihugu kitagira umuco nta gihugu kiba kokirimo.

Yagize ati “ mwahisemo umuhigo nakunze cyane, kuko ntiwagera ku iterambere nta muco, ntiwagera ku buringanire nta muco, n’ibindi”

intore zahigiye kwimakaza umuco Nyarwanda2

Depute Murara, ashimangira ko igihugu kitagira umuco kiba nta gihugu kikirimo

Uyu mudepite yasabye izi ntore kudasiga aho ibyo zigiye mu itorero, ahubwo ko zisangize abandi ibyo zihavanye.

Izi ntore kandi ziyemeje ko zigiye guca imirire mibi, guteza imbere ubuhinzi hitabwa ku guhuza ubutaka, gukangurira abaturage gutura mu midugudu n’ibindi.

Itorero ryo mu Ruhango, ryitabiriwe n’intore zigera 1055, harimo abakobwa 535 n’abahungu bagera kuri 520, bakaba baratorejwe ku ma site atatu ariyo Mpanda, Byimana na Ruhango kuri Groupe scolaire Indangaburezi.

 

 

 

Rutsiro: Youth students vow to participate in country development

$
0
0

Youth students vow to participate in  country development

Youth during the civic education

To contribute on the development of the country, youth in national civic education programme ((Itorero) in Rutsiro district have vowed to use their three months holiday in development activities.  

The first session of the program was closed on December 17th 2012 but in the second session, secondary school leavers will join residents in executing development programs in their respective cells, villages and sectors.

These activities include sensitising residents on embracing family planning program, teaching the old how to read and write and other activities that help them to implement the performance contracts.

Youth in this program say that these voluntary activities are their great contribution in the development of their country Rwanda.

Geremie Nkurunziza, a participant explains: “We are going to work very hard and help our leaders achieve vision 2020.”

Richard Mukiza, National civic education program worker in charge of Rutsiro, confirms the youth’s participation will be of great help in the country’s development.

“Participating in development activities portray the love for their country. Residents are the country’s capital, that’s why youth are sensitised to develop the country through constructive projects,” he adds.

This program is supposed to last in a year time but starting, but it will take three months because its new, working five days a week and during morning hours.

The district official in charge of civic education program with coordination committees of cells, sectors and districts will support youth and facilitate them according to every activity.

 

 

Urugerero abarangije amashuri yisumbuye bazajyaho ngo ni nko “gutegura ijuru”

$
0
0

Urugerero abarangije amashuri yisumbuye bazajyaho ngo ni nko “gutegura ijuru”

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere yabwiye abanyeshuri bo muri ako karere barangije amashuri yisumbuye, bashoje itorero tariki ya 17/12/2012, ko urugerero bazajyaho ari nko gutegura ijuru.

Zaraduhaye Joseph yababwiye ibyo mu gihe biteganyijwe ko izo ntore z’abanyeshuri barangije ayisumbuye bazatangira urugerero umwaka utaha wa 2013. Aho bazamara igihe kigera ku mezi atatu bakorera ubushake ibikorwa bitandukanye biteza u Rwanda imbere.

Bamwe mu banyeshuri ntabwo babyumvaga bavuga ko bitumvikana uburyo bazakora ako kazi mu gihe kingana gutyo badahembwa. Abo batabyumvaga neza babashije kubisobanurirwa ubwo bari bari mu itorero.

Zaraduhaye yongeye kubibasobanurira agira ati “uru rugerero rero mugiye kujya ho, muzatangira mu mwaka utaha (2013) ni nko gutegura ijuru”.

Ubwo abo banyeshuri basozaga itorero baremeye abatishoboye bane bakomoka mu murenge wa Kinoni, mu karere ka Burera. Muri abo baremewe, babiri bagabiwe ihene, undi agabirwa intama naho umunyeshuri utishoboye yahawe amafaranga yo kugura ibikoresho by’ishuri.

Zaraduhaye yababwiye ko icyo gikorwa bakoze ari cyiza kandi ko gitumye babona imigisha myinshi ku Mana, kuko abagabiwe bazahora babatekereza. Yakomeje ababwira ko ibyo bakoreye abo bashobora kubyongera bakabikorera umudugudu wabo.

Yagize ati “none se igihembo cy’umuntu akora neza cyangwa witangira abandi ni ikihe kitari ukujya mu ijuru?” Yongera ho ko ukora nabi nta kindi gihembo abona uretse urupfu nk’uko bibiliya ibivuga.

Yakomeje avuga ko umuco wo kwigira utangirira muri ibyo bikorwa byo kwitanga ndetse no kwishaka mo ibisubizo.

Ikintu cyose mu buzima bwabo bazakora bafatanyije n’abandi, bakagikora ku mugaragaro, bazacyubahe kandi bazifuze ko cyahoraho. Kandi ibihugu byose byateye imbere kubera kwishaka mo ibisubizo; nk’uko Zaraduhaye yabibabwiye.

Itorero ry’abanyeshuri barangije ayisumbuye ryashojwe tariki ya 17/12/2012 ryari ryatangiye tariki ya 01/12/2012. Akarere ka Burera gafite urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye rwashoje itorero rugera ku 1040.

 

 

 

Viewing all 3624 articles
Browse latest View live


<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>