Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3624

Abasirikare biga mu Ishuri rya Nyakinama basuye Akarere ka Gakenke buhungukira byinshi www.newsofrwanda.com

$
0
0
m_Abasirikare biga mu Ishuri rya Nyakinama basuye Akarere ka Gakenke buhungukira byinshi

Aba banyeshuri bashimangiye ko bungutse byinshi.

Abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (aba-ofisiye) bakoreye  urugendo-shuri  mu  Karere ka Gakenke  kuri uyu wa Gatatu tariki 22/01/2014  aho baje kwiga uruhare rwo kwegereza abaturage ubuyobozi  bigamije kugera ku mutekano urambye.

Ubuyobozi bw’akarere bwagaragaje ko akarere gahagaze neza mu bijyanye n’umutekano mu gihugu,  kuko kaza mu turere twa mbere tugira ibyaha bike.  Ngo umutekano  ucungwa by’umwihariko n’abaturage bafatanyana  n’inzego zishinzwe umutekano bakora amarondo kandi batanga amakuru  ku gihe ku kintu cyawuhungabanya, bigatuma  ibyaha  bikumirwa.

Mu biganiro bagiranye, bashimangiye ko umutekano ariwo uza imbere ya byose, akaba ari yo mpamvu bashyira  imbaraga mu kuwubungabunga kugira ngo abaturage babashe gukora biteze imbere kuko udahari ntacyakorwa.

Mu bibazo bidindiza iterambere ry’akarere, Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke, Nzamwita Deo,  yababwiye ko imiterere y’akarere k’imisozi miremire  bibangamira ibikorwa by’ubuhinzi n’ibikorwaremezo cyane cyane imihanda ishyirwamo igice kinini cy’ingengo y’imari ikorwa ariko nyuma y’igihe gito ikaba yangiritse.

m_Abasirikare biga mu Ishuri rya Nyakinama basuye Akarere ka Gakenke buhungukira byinshi1

Umwarimu muri iryo shuri ashyikiriza umuyobozi w’akarere impano.

Uretse imihanda,  ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi ukiri muke  mu  karere  gituma katanyaruka mu iterambere ariko ngo  hari icyizere ko umwaka wa 2014 uzarangira bageze nibura ku gipimo cya 12%.

Lit. Col. Muleyi ukomoka mu gihugu cya Kenya wavuze mu izina ry’abandi banyeshuri,    yemeza ko urwo rugendo-shuri bungukiyemo byinshi. Ati: “ Ibiganiro byatanzwe byongereye imyumvire yacu kuri politiki yo kwegereza ubuyobozi abaturage n’ishyirwa mu bikorwa mu Karere ka Gakenke ku bijyanye n’imiyoborere myiza, gutanga serivisi inoze, …umutekano, ubukungu, …”

Iryo tsinda ry’abasirikare bo mu bihugu bitatu  aribyo u Rwanda, Tanzaniya na Kenya bakomereje urugendo-shuri basura  Ikigo cy’Iterambere mu ikoranabuhanga [BDC], SACCO “ Kungahara Gakenke” y’Umurenge wa Gakenke ndetse na Koperative y’Abahinzi yitwa “Twihangire Umurimo”.  Bageze mu karere ka Gakenke nyuma yo gusura Akarere ka Musanze.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3624

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>