Quantcast
Channel: News Of Rwanda – Rwanda News
Viewing all articles
Browse latest Browse all 3624

Abanyarwanda bategerezanyije igishyika ivugurura ry’itegeko nshinga

$
0
0

Ibihumbi by’Abanyarwanda bitegerezanyije  amatsiko   ibiva mu biganiro Inteko ishinga amategeko yatangiye  gusuzuma ishingiro ry’umushinga w’itegeko rivugurura itegeko inshinga.

Ibihumbi by’Abanyarwanda bitegerezanyije  amatsiko   ibiva mu biganiro Inteko ishinga amategeko yatangiye  gusuzuma ishingiro ry’umushinga w’itegeko rivugurura itegeko inshinga.

Guhera  saa cyenda zo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukwakira 2015 ni bwo  Inteko ishinga amategeko yatangiye  gusuzuma  niba  kamparampaka (referendum)   yakorwa  nyuma y’uko abaturage basaga miliyoni enye bashyikirije ubusabe bwabo  Inteko ishinga amategeko basaba ko manda z’umukuru w’igihugu zakurwaho kugira ngo Perezida Kagame bashaka akomeze kubayobora.

Perezida Kagame azarangiza manda ye ya kabiri mu mwaka wa 2017, uwo mushinga w’itegeko  nuramuka utowe, uzamuha amahirwe yo  kwiyamamariza manda itaha ya nyuma ya 2017.

Ibyo biganiro  biri kubera mu Ngoro y’Inteko  ishinga amategeko  mu Mujyi wa Kigali  byitabiriwe  kandi n’abaturage.

Elia Murekezi  umwe mu baturage babyitabiriye  yabwiye KT Press  ati “ Nshimishijwe no kwitabira ibi biganiro. Ni umunsi ukomeye kuva twatangira gushyikiriza ubusabe bwacu. Ni intambwe ijyanye n’ibyo twasabye.”

Kuwa 10 Kanama  uyu mwaka, Inteko ishinga amategeko yasohoye icyegeranyo cy’ibiganiro abagize Inteko ishinga amategeko bagiranye n’abaturage mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu gihugu cyose  bagaragaje ibyishimo basangiye n’Abanyarwanda bashaka ko itegeko nshinga rivugururwa.

Ukwezi gushize, Inteko ishinga amategeko yemeje itsinda ry’inzobere n’abanyamategeko bafite ubunararibonye  bahawe inshingano  zo  gufasha abadepite n’abasenateri mu ivugurura ry’itegeko nshinga.


Viewing all articles
Browse latest Browse all 3624

Trending Articles



<script src="https://jsc.adskeeper.com/r/s/rssing.com.1596347.js" async> </script>